Categories: Amakuru ya RCS

Gusura imfungwa n’abagororwa bigiye gutangira hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19

Nubwo isura rigiye gutangira imiryango n’inshuti bakongera gusura ababo bari muri Gereza, hari amabwiriza agomba kubahirizwa yo kwirinda Covid-19 nkuko byasohotse mu mabwiriza ya Komiseri Mukuru wa RCS.

Aya mabwiriza ya Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa RCS, yasohotse kuwa 14 Gashyantare 2022 agenga uburyo bwo gusura umuntu ufunze bizagenda ku bazaba baturutse hanze mu miryango itandukanye ndetse n’ishuti zabafunze bitewe n’ibihe turimo byo kwirinda Covid-19 aho amabwiriza asobanura uko bizajya bigenda muri icyo gihe cy’isura.

Mu mabwiriza yasohotse,harimo kuba umuntu uzasura agomba kubisaba mbere y’iminsi ibiri mbere y’umunsi w’isura, hakazajya hasura umuntu umwe gusa, kutarenza iminota cumi n’itanu yo kuganira n’umuntu wawe mu buryo bwo gucunga neza igihe, kuba umuntu wese uje gusura aba yarikingije nibura inkingo ebyiri niba ari hejuru y’imyaka 18 ndetse akaba agaragaza ko yipimishije mu masaha 72 ndetse n’usuwe agomba kuba nibura yarikingije urukingo rumwe, yaba kandi usurwa n’usura bose bagomba kuba bambaye neza udupfukamunwa, bikaba kandi bitemewe kuzana ibintu baturutse hanze byaba ibiribwa cyangwa ibinyobwa.

Ibindi kandi bitemewe ni uguhererekanya amafaranga mu ntoki, ahubwo ko hazakomeza gukoreshwa uburyo bwakoreshwaga bwa MOMO Pay ya gereza umuntu wawe afungiyeho ukoresheje telefone ikubaruyeho ukanohereza ubutumwa bugufi burimo amazina y’uwohereje n’uwo yoherereje kugirango babashye kumenya nyirayo, akarushyo kuri gereza zose bariteguye bihagije ku bijyanye n’ubwirinzi bwa Covid-19 ahazabera isura kuko hose hateguye ibikoresho bifasha mu bwirinzi bw’icyorezo aribyo amazi n’isabune byo gukaraba, umuti wo kwica za mikorobi mu ntoki Hand sanitizer ndetse hakazabaho kubahiriza intera yametero 2 hagati y’usura n’usurwa.

Aya mabwiriza azatangira kubahirizwa nyuma y’icyumweru kimwe kuva atangajwe kandi akazagenda avugururwa uko icyorezo cya Covid-19 kizagenda kigabanya ubukana.

rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.