Categories: Amakuru ya RCS

Gusura imfungwa n’abagororwa bigiye gutangira hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19

Nubwo isura rigiye gutangira imiryango n’inshuti bakongera gusura ababo bari muri Gereza, hari amabwiriza agomba kubahirizwa yo kwirinda Covid-19 nkuko byasohotse mu mabwiriza ya Komiseri Mukuru wa RCS.

Aya mabwiriza ya Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa RCS, yasohotse kuwa 14 Gashyantare 2022 agenga uburyo bwo gusura umuntu ufunze bizagenda ku bazaba baturutse hanze mu miryango itandukanye ndetse n’ishuti zabafunze bitewe n’ibihe turimo byo kwirinda Covid-19 aho amabwiriza asobanura uko bizajya bigenda muri icyo gihe cy’isura.

Mu mabwiriza yasohotse,harimo kuba umuntu uzasura agomba kubisaba mbere y’iminsi ibiri mbere y’umunsi w’isura, hakazajya hasura umuntu umwe gusa, kutarenza iminota cumi n’itanu yo kuganira n’umuntu wawe mu buryo bwo gucunga neza igihe, kuba umuntu wese uje gusura aba yarikingije nibura inkingo ebyiri niba ari hejuru y’imyaka 18 ndetse akaba agaragaza ko yipimishije mu masaha 72 ndetse n’usuwe agomba kuba nibura yarikingije urukingo rumwe, yaba kandi usurwa n’usura bose bagomba kuba bambaye neza udupfukamunwa, bikaba kandi bitemewe kuzana ibintu baturutse hanze byaba ibiribwa cyangwa ibinyobwa.

Ibindi kandi bitemewe ni uguhererekanya amafaranga mu ntoki, ahubwo ko hazakomeza gukoreshwa uburyo bwakoreshwaga bwa MOMO Pay ya gereza umuntu wawe afungiyeho ukoresheje telefone ikubaruyeho ukanohereza ubutumwa bugufi burimo amazina y’uwohereje n’uwo yoherereje kugirango babashye kumenya nyirayo, akarushyo kuri gereza zose bariteguye bihagije ku bijyanye n’ubwirinzi bwa Covid-19 ahazabera isura kuko hose hateguye ibikoresho bifasha mu bwirinzi bw’icyorezo aribyo amazi n’isabune byo gukaraba, umuti wo kwica za mikorobi mu ntoki Hand sanitizer ndetse hakazabaho kubahiriza intera yametero 2 hagati y’usura n’usurwa.

Aya mabwiriza azatangira kubahirizwa nyuma y’icyumweru kimwe kuva atangajwe kandi akazagenda avugururwa uko icyorezo cya Covid-19 kizagenda kigabanya ubukana.

rcspet

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

9 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.