Nubwo isura rigiye gutangira imiryango n’inshuti bakongera gusura ababo bari muri Gereza, hari amabwiriza agomba kubahirizwa yo kwirinda Covid-19 nkuko byasohotse mu mabwiriza ya Komiseri Mukuru wa RCS.
Aya mabwiriza ya Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa RCS, yasohotse kuwa 14 Gashyantare 2022 agenga uburyo bwo gusura umuntu ufunze bizagenda ku bazaba baturutse hanze mu miryango itandukanye ndetse n’ishuti zabafunze bitewe n’ibihe turimo byo kwirinda Covid-19 aho amabwiriza asobanura uko bizajya bigenda muri icyo gihe cy’isura.
Mu mabwiriza yasohotse,harimo kuba umuntu uzasura agomba kubisaba mbere y’iminsi ibiri mbere y’umunsi w’isura, hakazajya hasura umuntu umwe gusa, kutarenza iminota cumi n’itanu yo kuganira n’umuntu wawe mu buryo bwo gucunga neza igihe, kuba umuntu wese uje gusura aba yarikingije nibura inkingo ebyiri niba ari hejuru y’imyaka 18 ndetse akaba agaragaza ko yipimishije mu masaha 72 ndetse n’usuwe agomba kuba nibura yarikingije urukingo rumwe, yaba kandi usurwa n’usura bose bagomba kuba bambaye neza udupfukamunwa, bikaba kandi bitemewe kuzana ibintu baturutse hanze byaba ibiribwa cyangwa ibinyobwa.
Ibindi kandi bitemewe ni uguhererekanya amafaranga mu ntoki, ahubwo ko hazakomeza gukoreshwa uburyo bwakoreshwaga bwa MOMO Pay ya gereza umuntu wawe afungiyeho ukoresheje telefone ikubaruyeho ukanohereza ubutumwa bugufi burimo amazina y’uwohereje n’uwo yoherereje kugirango babashye kumenya nyirayo, akarushyo kuri gereza zose bariteguye bihagije ku bijyanye n’ubwirinzi bwa Covid-19 ahazabera isura kuko hose hateguye ibikoresho bifasha mu bwirinzi bw’icyorezo aribyo amazi n’isabune byo gukaraba, umuti wo kwica za mikorobi mu ntoki Hand sanitizer ndetse hakazabaho kubahiriza intera yametero 2 hagati y’usura n’usurwa.
Aya mabwiriza azatangira kubahirizwa nyuma y’icyumweru kimwe kuva atangajwe kandi akazagenda avugururwa uko icyorezo cya Covid-19 kizagenda kigabanya ubukana.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.