Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

JRLOS barashishikariza abagororwa kwemera icyaha no kwiyunga n’abo bakoreye ibyaha

Kuwa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025, abagize itsinda rikorera mu Karere ka Nyamagabe ryitwa ‘Justice, Reconciliation, Law & Order Sector (JRLOS)’ rishinzwe ubutabera muri ako Karere basuye abagororwa bo mu Igororero rya Nyamagabe babaganiriza ibyiza byo kwemera icyaha wakoze no gusaba imbabazi.

Share this Post

Ibiganiro batanze byibanze cyanecyane ku bantu bafunze by’agateganyo ndetse n’abasigaje igihe gito ngo barangize ibihano bakatiwe n’inkiko.

Abagize iryo tsinda basobanuriye abantu bafunze n’abagororwa amategeko mu buryo burambuye, babashishikariza kwemera ibyaha byabo no gusaba imbabazi abo bahemukiye kugira ngo bakemure amakimbirane batabanje kwitabaza inkiko.

Abagize iri tsinda rya JRLOS/Nyamagabe banagaragaje akamaro k’ubuhuzan’ubwumvikane hagati y’uwakoze icyaha n’uwagikorewe basaba abagororwa kubyitabira kugira ngo biyunge n’abo bakoreye ibyaha. Basobanuye ko ibyo bigira inyungu nyinshi zirimo kwimakaza amahoro no kugarura icyizere hagati y’abaturage.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form