Abashyitsi basobanuje byinshi ku mikorere y’ibintu byinshi bari bamaze kubwirwa uburyo bikorwa cyane ku buryo hategurwa abarihafi gusoza ibihano bitegura gusubira mu miryango yabo, aho bahabwa ubumenyi buzabafasha kwiteza imbere bageze muri sosiyete yo hanze kuko ubumenyi babonera mu Igororero buba buri kurwego nkurwo abandi bose biga imyuga bahabwa ndetse bakanahabwa impamyabushobozi yibyo bize.
Basobanuriwe kandi imikorere y’ikoranabuhanga rya IECMS, risangiwe n’abakora mu nzego z’ubutabera mu gukurikirana dosiye y’umuntu ukeneye ubutabera bidasabye ko ufata umwanya ukajya kuyishaka, basobanurirwa kandi ku buryo bwo kuburana hakoreshejwe ihuzanzira bidasabye ko uburana agera ku rukiko ahubwo bikabera aho ari kandi iburanisha rikagenda neza.
Bashimiye u Rwanda ku buryo bakomeje gukataza mu ikoranabuhanga, ndetse nabo bavuga ko ibyo bigeye muri uru ruzinduko bahungukiye byinshi bizatuma nabo bagira icyo bakora mu guteza imbere ubutabera iwabo.


