Aya masezerano yashyizweho umukono na Komiseri Mukuru w’Urwego rushinzwe Igorora muri Namibia; CG Raphael Tuhafeni Hamunyera na mugenzi we w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora; CG Evariste Murenzi.
Ni amasezerano y’umubano w’Ibihugu hagati y’u Rwanda na Namibiya, azibanda cyane cyane mu nzego zabyo zishinzwe Igorora. Aya masezerano ashingiye ku gusangira amakuru ku bikorwa bitandukanye by’igorora, ku kunoza imicungire y’amagororero no ku guhana ubumenyi binyuze mu kwigisha no guhugura abakozi bakora muri izi nzego zombi z’Igorora.
CG Hamunyela yishimiye bimwe mu bikorwa harimo amahugurwa ya kinyamwuga atangirwa ku Ishuri rya RCS, aho yavuze ko azasaba abakozi b’Uru Rwego kujya kubafasha gutangiza ishuri ry’Abofisiye bato iwabo muri Namibiya. Yashimye kandi uburyo hatunganywa umwanda uva mu magororero ugakorwamo ingufu za biyogaze (biogas) ikoreshwa mu gutekera abantu bafunzwe n’abagororwa harimo no kurinda no kubungabunga ibidukikije. Yashimye na none ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu gucunga umutekano w’Igororero.
Aya masezerano biteganyijwe ko azamara imyaka itanu.
CG Hamunyela yahawe impano y’urwibutso na Komiseri mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, CG Evariste Murenzi.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.