Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi b’inkiko baganirije abagororwa bo mu Igororero rya Nyarugenge, kuri ruswa basabwa kwirinda kugura serivisi

Ikiganiro abakozi bakora ku nzego z’ubutabera bagiranye n’abargororwa n’abafungwa bo mu Igororero rya Nyarugenge, cyari gifite insanganyamatsiko igira iti” amagana ruswa mu nkiko wirinda abakomisiyoneri  bavuga ko bazabagererayo ; ubutabera ntibugurwa” mu rwego rwo kumenyesha abantu bari mu Igororero, ko serivisi bakenera mu nkiko nta kiguzi zisaba, ko bagomba kwirinda ubabwira ko hari ubundi buryo bikorwamo.

Muri abo bayobozi baturutse mu nzego z’ubututabera, harimo Kanzayire Bernadette Visi Perezida w’ukuriko rukuru, Ingabire Solange umwanditsi  mu rukiko rw’ubujurire na Kalisa Jean Pasteur umwanditsi mu rukiko rw’Ikirenga, aho basabye abari mu Igororero kwirinda abantu babasaba ko babaha amafaranga bakabagererayo, ko iyo ari ruswa kandi nta serivisi zisaba ikiguzi kugira ngo abazikeneye bazihabwe kuko buriwese aba ayemerewe kuko ari uburenganzira bwe.

Kanzayire Bernadette Visi Perezida w’ukuriko rukuru, yabwiye abitabiriye ibiganiro gahunda zitandukanye urwego rw’ubutabera rwashyizeho mu rwego rwo kurwanya Ruswa n’akarengane mu nkiko no mubaturarwanda harimo( icyumweru cyo kurwanya Ruswa, komite inshinzwe ku rwanya Ruswa mu nkiko, ubugenzuzi, gushyiraho imirongo ya Telefoni itishyurwa n’ibindi), asaba abitabiriye ikiganiro kwirinda gutanga no kwakira Ruswa, aho yasoreje ku bibazo bitandukanye yabajijwe n’abari bitabiriye abiha umurongo y’uburyo bizakemuka.

Ni igikorwa cyakozwe no mu Igororero rya Musanze, aho abakozi bo mu nzego z’ubutabera mu nkiko nabo basuye abagororwa bahagororerwa bakabaganiriza ku bubi bwa ruswa n’uburyo yakwirindwa, bababwira ko serivisi bakenera ari uburenganzira bwabo.

Abitabiriye ibiganiro bagize umwanya wo kubaza ibibazo ndetse binahabwa n’umurongo bizakemurwamo.
Itsinda ry’abaturutse mu nkiko baganirije Abagororwa ndetse n’abakozi bo ku Igororero rya Nyarugenge.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

16 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.