Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi b’inkiko baganirije abagororwa bo mu Igororero rya Nyarugenge, kuri ruswa basabwa kwirinda kugura serivisi

Ikiganiro abakozi bakora ku nzego z’ubutabera bagiranye n’abargororwa n’abafungwa bo mu Igororero rya Nyarugenge, cyari gifite insanganyamatsiko igira iti” amagana ruswa mu nkiko wirinda abakomisiyoneri  bavuga ko bazabagererayo ; ubutabera ntibugurwa” mu rwego rwo kumenyesha abantu bari mu Igororero, ko serivisi bakenera mu nkiko nta kiguzi zisaba, ko bagomba kwirinda ubabwira ko hari ubundi buryo bikorwamo.

Muri abo bayobozi baturutse mu nzego z’ubututabera, harimo Kanzayire Bernadette Visi Perezida w’ukuriko rukuru, Ingabire Solange umwanditsi  mu rukiko rw’ubujurire na Kalisa Jean Pasteur umwanditsi mu rukiko rw’Ikirenga, aho basabye abari mu Igororero kwirinda abantu babasaba ko babaha amafaranga bakabagererayo, ko iyo ari ruswa kandi nta serivisi zisaba ikiguzi kugira ngo abazikeneye bazihabwe kuko buriwese aba ayemerewe kuko ari uburenganzira bwe.

Kanzayire Bernadette Visi Perezida w’ukuriko rukuru, yabwiye abitabiriye ibiganiro gahunda zitandukanye urwego rw’ubutabera rwashyizeho mu rwego rwo kurwanya Ruswa n’akarengane mu nkiko no mubaturarwanda harimo( icyumweru cyo kurwanya Ruswa, komite inshinzwe ku rwanya Ruswa mu nkiko, ubugenzuzi, gushyiraho imirongo ya Telefoni itishyurwa n’ibindi), asaba abitabiriye ikiganiro kwirinda gutanga no kwakira Ruswa, aho yasoreje ku bibazo bitandukanye yabajijwe n’abari bitabiriye abiha umurongo y’uburyo bizakemuka.

Ni igikorwa cyakozwe no mu Igororero rya Musanze, aho abakozi bo mu nzego z’ubutabera mu nkiko nabo basuye abagororwa bahagororerwa bakabaganiriza ku bubi bwa ruswa n’uburyo yakwirindwa, bababwira ko serivisi bakenera ari uburenganzira bwabo.

Abitabiriye ibiganiro bagize umwanya wo kubaza ibibazo ndetse binahabwa n’umurongo bizakemurwamo.
Itsinda ry’abaturutse mu nkiko baganirije Abagororwa ndetse n’abakozi bo ku Igororero rya Nyarugenge.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.