Ikiganiro abakozi bakora ku nzego z’ubutabera bagiranye n’abargororwa n’abafungwa bo mu Igororero rya Nyarugenge, cyari gifite insanganyamatsiko igira iti” amagana ruswa mu nkiko wirinda abakomisiyoneri bavuga ko bazabagererayo ; ubutabera ntibugurwa” mu rwego rwo kumenyesha abantu bari mu Igororero, ko serivisi bakenera mu nkiko nta kiguzi zisaba, ko bagomba kwirinda ubabwira ko hari ubundi buryo bikorwamo.
Muri abo bayobozi baturutse mu nzego z’ubututabera, harimo Kanzayire Bernadette Visi Perezida w’ukuriko rukuru, Ingabire Solange umwanditsi mu rukiko rw’ubujurire na Kalisa Jean Pasteur umwanditsi mu rukiko rw’Ikirenga, aho basabye abari mu Igororero kwirinda abantu babasaba ko babaha amafaranga bakabagererayo, ko iyo ari ruswa kandi nta serivisi zisaba ikiguzi kugira ngo abazikeneye bazihabwe kuko buriwese aba ayemerewe kuko ari uburenganzira bwe.
Kanzayire Bernadette Visi Perezida w’ukuriko rukuru, yabwiye abitabiriye ibiganiro gahunda zitandukanye urwego rw’ubutabera rwashyizeho mu rwego rwo kurwanya Ruswa n’akarengane mu nkiko no mubaturarwanda harimo( icyumweru cyo kurwanya Ruswa, komite inshinzwe ku rwanya Ruswa mu nkiko, ubugenzuzi, gushyiraho imirongo ya Telefoni itishyurwa n’ibindi), asaba abitabiriye ikiganiro kwirinda gutanga no kwakira Ruswa, aho yasoreje ku bibazo bitandukanye yabajijwe n’abari bitabiriye abiha umurongo y’uburyo bizakemuka.
Ni igikorwa cyakozwe no mu Igororero rya Musanze, aho abakozi bo mu nzego z’ubutabera mu nkiko nabo basuye abagororwa bahagororerwa bakabaganiriza ku bubi bwa ruswa n’uburyo yakwirindwa, bababwira ko serivisi bakenera ari uburenganzira bwabo.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.