Mu rwego rw’imikoranire mu gusangira ubumenyi butandukanye mu masomo runaka, Igihugu kimwe gishobora kohereza bamwe mu baturage bakajya kwiyungura ubumenyi basoza amasomo bakagaruka iwabo, akaba aribwo buryo ba Ofisiye batanu boherejwe muri Zimbabwe gukurikirana amasomo ajyanye na serivisi z’Igorora dore ko atari ubwambere kuko hari abandi batanu bayasoje umwaka washize.
Ni amahugurwa ari kubera mu kigo gitangirwamo amasomo ajyanye no kugorora, chikurubi giherereye mu mujyi wa zimbabwe I Harare, ayo masomo akaba azamara igihe cy’umwaka, akazahabwa ba Ofisiye bakuru ba Zimbabwe 39 na 05 boherejwe n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, bakaziga amasomo arimo gusubiza mubuzima busanzwe abasoje ibihano, kwiga imishinga ituma amagororero abasha kwibeshaho.
Uburyo abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bajya muri Zimbabwe, gukurikirana amasomo ni amasezerano yabaye hagati y’ibihugu byombi yo gusangira ubumenyi aho bamwe bashobora kwigira ku bandi ibyo bafite bakabisangira.
Amasomo azamara umwaka yitabiriwe na ba Ofisiye batanu ba RCS, yatangijwe ku mugaragaro uyumunsi.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.