Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru w’Urwego rushinzwe Igorora muri Namibiya yashimye ibikorwa by’Igororero rya Nyarugenge

Umuyobozi w’Igororero rya Nyarugenge SP Eric Mwungura yabasobanuriye ubuzima bw’Igororero muri rusange; asobanurira abashyitsi ingamba zashyizweho zo gucunga umutekano w’Igororero harimo n’icyumba (control room) kigenzurirwamo umutekano w’imbere mu Igororero n’inyuma yayo hifashishijwe gufata amashusho. Abashyitsi bashimye ubu buryo bavuga ko bikwiye ko nabo bakoresha iri koranabuhanga iwabo kuko  ritanga amakuru y’umutekano ku gihe.

basuye kandi icyumba cy’iburanisha rikorewe kuri murandasi (E-Court) n’ibikorwa byo gutunganya umwanda uva mu Igororero ukavamo ingufu za biyogaze (biogas) zifashishwa mu gutekera abantu bafunzwe n’abagororwa. Banasuye  amashuri atandukanye yigisha abagororwa imyuga n’ubukorikori mu rwego rwo kubigisha umwuga uzabafasha kwiteza imbere igihe bazaba basohotse mu igororero.

CG Hamunyela yishimiye uko uburyo bwa biyogaze (biogas) bufasha kubungabunga ibidukikije bikanafasha kugabanya amafaranga akoreshwa mu kubona ingufu zo guteka. Yanashimye kandi imirimo abagororwa bakora ibafasha kugira ubuzima bwiza, harimo iy’ubuhinzi bw’imboga barya buri munsi n’ubworozi bw’inka bufasha abakeneye indyo yihariye nk’abana n’abarwayi kubona amata.

Komiseri Mukuru w’Urwego rushinzwe Igorora muri Namibiya (NCS) Raphael T. Hamunyela n’itsinda bazanye basoje ibikrwa by’umunsi bajya gusura Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside, aho basobanuriwe amateka yaranze urugamba n’ubutwari bw’abanyarwanda bitangiye igihugu cyari mu kaga kugera ubwo bakibohoye.

CG Hamunyela n’itsinda bazanye mu Rwanda, basobanuriwe amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.