Aba bashyitsi basobanuriwe amateka yaranze u Rwanda kuva mu gihe abanyarwanda bari babanye neza kugeza aho batangiye kubibwamo amacakubiri. Ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basobanuriwe uko abukoroni baciyemo ibice umuryango nyarwanda wari ubanye neza kugira ngo babashe kubayobora.
Ibyo byose byakurikiwe n’ubutegetsi bubi bwashimangiye amacakubiri binyuze mu icengezamatwara ryagejeje Abanyarwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nyuma yo gusobanukirwa ubugome Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yakoranywe, basuye ahashyinguwe Imibiri y’inzirakarengane, barazunamira.
Amaze guha icyubahiro imibiri iruhukiye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, CG Hamunyela yavuze ko yashenguwe n’amateka mabi yaranze u Rwanda ariko anashima ubutwari bw’abanyarwanda bafashe iyambere bagahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi. Yashimye kandi ubutwari bwabo bugaragarira mu buryo bishatsemo ibisubizo byabagejeje ku iterambere Igihugu gifite none.
CG Hamunyela yashenguwe n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.