CG Hamunyela hamwe n;itsinda ayoboye bakiriwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora Evariste Murenzi. Aba bashyitsi basobanuriwe byinshi ku bunyamwuga bwa RCS, kuva ku masomo n’amahugurwa abakozi bashinzwe igorora bahabwa n’uburyo bakora akazi ka buri munsi.
Bagarutse kandi ku mibereho y’abagororwa n’inzira abagororwa banyuzwamo kugira ngo harweho intego nyayo yo kugororoka.
Komiseri Hamunyela yavuze ko n’ubwo baje mu Rwanda bagamije gusangira ubumenyi mu mwuga wo kugorora, icy’ingenzi cyane ari amasezerano y’ubufatanye mu nzego zombi. Yagaragaje ko bagifite icyuho mu bijyanjye n’amashuri atanga ubumenyi bw’abakozi bashinzwe igorora cyane ko nta shuri ritoza ba Ofisiye bafite. Ati “ndabasabye nidusoza gusinyana amasezerano mutwoherereze bamwe mu bakozi banyu baze badufashe gutangiza amahugurwa.”
Biteganyijwe ko aba bashyitsi baturutse muri Namibia, mu minsi itatu y’uruzinduko rwabo mu Rwanda bazasura ibikorwa bitandukanye bya RCS.
CG Hamunyela n’abamuherekeje basobanuriwe byinshi kuri RCS.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.