CG Hamunyela hamwe n;itsinda ayoboye bakiriwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora Evariste Murenzi. Aba bashyitsi basobanuriwe byinshi ku bunyamwuga bwa RCS, kuva ku masomo n’amahugurwa abakozi bashinzwe igorora bahabwa n’uburyo bakora akazi ka buri munsi.
Bagarutse kandi ku mibereho y’abagororwa n’inzira abagororwa banyuzwamo kugira ngo harweho intego nyayo yo kugororoka.
Komiseri Hamunyela yavuze ko n’ubwo baje mu Rwanda bagamije gusangira ubumenyi mu mwuga wo kugorora, icy’ingenzi cyane ari amasezerano y’ubufatanye mu nzego zombi. Yagaragaje ko bagifite icyuho mu bijyanjye n’amashuri atanga ubumenyi bw’abakozi bashinzwe igorora cyane ko nta shuri ritoza ba Ofisiye bafite. Ati “ndabasabye nidusoza gusinyana amasezerano mutwoherereze bamwe mu bakozi banyu baze badufashe gutangiza amahugurwa.”
Biteganyijwe ko aba bashyitsi baturutse muri Namibia, mu minsi itatu y’uruzinduko rwabo mu Rwanda bazasura ibikorwa bitandukanye bya RCS.
CG Hamunyela n’abamuherekeje basobanuriwe byinshi kuri RCS.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.