Categories: Amakuru ya RCSSlider

Uri muri gereza ashobora gufasha umuryango we uri hanze binyuze mu bikorwa nyongeramusaruro

Ibikorwa nyongeramusaruro bivamo amafaranga Imfungwa n’Abagororwa bashobora kuba bakwifashisha mu buzima bwabo harimo: Ubudozi, ubukorikori ndetse n’ibindi bikorwa nyongeramusaruro birimo ibikorwa by’ ubwubatsi bw’inyubako zitandukanye gereza ziba zarapatanye amafaranga yakwishyurwa hakavanwaho icyacumi cyabo, agahabwa abakoze icyo gikorwa agashyirwa ku mafishi yabo bifashisha umunsi ku munsi igihe bagize icyo bakenera.

Abagore muri gereza bagurirwa ibikoresho bakabihabwa bagakora ibikorwa bitandukanye by’ubukorikori harimo: Kuboha ibiseke, ibyibo, imitako ndetse n’ibindi bikoresho byifashishwa mu buzima bwa buri munsi, ibyo bikoresho byagurishwa ku giciro byaguzwe bagaha uwagikoze bijyanye n’igiciro cyaguzwe bigakuraho yamafaranga byemeranyije akayahabwa. Ayo mafaranga bayakoresha ibyo bashaka nko kugura ibikoresho bitandukanye ndetse bamwe bakaba bayoherereza imiryango yabo iri hanze bakiteza imbere biturutse muri ibyo bikorwa bitandukanye.

Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge SP Augustin Uwayezu, aravuga ko gereza igurira abakora ubukoririkori ibikoresho bagakora byagurishwa bagahabwa 20 ku ijana ku giciro cy’icyaguzwe.

Yagize ati” Mubyukuri umuntu uri muri gereza ashobora kuba yafasha umuryango we uri hanze kandi afunze, kuko hari ibikorwa bitandukanye bashobora gukuramo amafaranga bifashisha mu buzima bwabo uko bashaka ari naho bashobora kuba bafasha imiryango yabo iri hanze. urugero, gereza igura ibikoresho byifashishwa mu bukorikori bakabibaha bakaboha ibikoresho bitandukanye byagurishwa bagahabwa makumyabiri ku ijana ku giciro cy’igikoresho cyaguzwe.”

Mu byukuri, iyo ubashije kwakira ubuzima bwo muri gereza ushobora no kuba wakwiteza imbere ndetse ukaba wanafasha umuryango wawe binyuze muri ibyo bikorwa nyongeramusaruro bitanga amafaranga.

Ubu ni bumwe mu bugeni n’ubukorikori bukorerwa muri gereza.
DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.