Categories: Amakuru ya RCSSlider

Uri muri gereza ashobora gufasha umuryango we uri hanze binyuze mu bikorwa nyongeramusaruro

Ibikorwa nyongeramusaruro bivamo amafaranga Imfungwa n’Abagororwa bashobora kuba bakwifashisha mu buzima bwabo harimo: Ubudozi, ubukorikori ndetse n’ibindi bikorwa nyongeramusaruro birimo ibikorwa by’ ubwubatsi bw’inyubako zitandukanye gereza ziba zarapatanye amafaranga yakwishyurwa hakavanwaho icyacumi cyabo, agahabwa abakoze icyo gikorwa agashyirwa ku mafishi yabo bifashisha umunsi ku munsi igihe bagize icyo bakenera.

Abagore muri gereza bagurirwa ibikoresho bakabihabwa bagakora ibikorwa bitandukanye by’ubukorikori harimo: Kuboha ibiseke, ibyibo, imitako ndetse n’ibindi bikoresho byifashishwa mu buzima bwa buri munsi, ibyo bikoresho byagurishwa ku giciro byaguzwe bagaha uwagikoze bijyanye n’igiciro cyaguzwe bigakuraho yamafaranga byemeranyije akayahabwa. Ayo mafaranga bayakoresha ibyo bashaka nko kugura ibikoresho bitandukanye ndetse bamwe bakaba bayoherereza imiryango yabo iri hanze bakiteza imbere biturutse muri ibyo bikorwa bitandukanye.

Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge SP Augustin Uwayezu, aravuga ko gereza igurira abakora ubukoririkori ibikoresho bagakora byagurishwa bagahabwa 20 ku ijana ku giciro cy’icyaguzwe.

Yagize ati” Mubyukuri umuntu uri muri gereza ashobora kuba yafasha umuryango we uri hanze kandi afunze, kuko hari ibikorwa bitandukanye bashobora gukuramo amafaranga bifashisha mu buzima bwabo uko bashaka ari naho bashobora kuba bafasha imiryango yabo iri hanze. urugero, gereza igura ibikoresho byifashishwa mu bukorikori bakabibaha bakaboha ibikoresho bitandukanye byagurishwa bagahabwa makumyabiri ku ijana ku giciro cy’igikoresho cyaguzwe.”

Mu byukuri, iyo ubashije kwakira ubuzima bwo muri gereza ushobora no kuba wakwiteza imbere ndetse ukaba wanafasha umuryango wawe binyuze muri ibyo bikorwa nyongeramusaruro bitanga amafaranga.

Ubu ni bumwe mu bugeni n’ubukorikori bukorerwa muri gereza.
DK

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

4 hours ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

This website uses cookies.