Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ubumenyi umusingi ukomeye mu kugorora Imfungwa n’abagororwa.

Bijyanye n’amateka y’ubuzima bwa muntu buriwese agira urugendo rwe, aho usanga hari abataragize amahirwe yo kujya mu ishuri, ngo babone ubumenyi bwibnze aribwo, gusoma, Kwandika no kubara. Muri gereza naho uhasanga ingeri zitandukanye aho usangamo abize banaminuje ndetse n’abandi batagize amahirwe yo kugira mu ishuri bari gukora ibihano bakatiwe n’inkiko, aho bamwe mu bakoze ibyaha batagize amahirirwe yo kwiga bavuga ko rimwe na rimwe ubujiji nabwo buba ntandaro yo gukora ibyaha bigatuma bisanga muri gereza.   

Nyandwi  Jean Bosco ugororerwa kuri gereza ya Musanze  avuga ko yigiye gusoma, kwandika no kubara muri gereza, byamufashije no kwiga umwuga w’ubudozi.

Yagize ati”Nagize amahirwe yo kwiyungura ubumenyi maze kugira muri gereza,ntabwo nari naragize amahirwe yo kujya mu ishuri, nkimara gukatirwa nasanze RCS itanga amahirwe yo kwigisha imfungwa n’Abagororwa gusoma, kubara no kwandika, bityo nange ntangira kwiga bikaba byaramfashije kwiga umwuga w’ubudozi kuko ubu menya gufata ibipimo by’imyenda ngiye kudoda nkanabyiyandikira,urumva ko ninsoza igihano nzigirira umumaro ndetse n’Igihugu muri rusange.”

Umuyobozi wa gereza ya Gicumbi SP Tharcisse NSHIMIYIMANA, avuga ko kugorora umuntu utarize bigorana ari nayo mpamvu bihaye gahunda yo guhugura abataragize amahirwe yo kwiga.

Yagize ati”B        iragora kugorora umuntu utaragize amahirwe yo gukandagira mu ishuri, gusa hari inyigisho dutanga mu buryo bw’inyandiko nk’imfashanyigisho, bityo rero niyo mpamvu twashyizeho uburyo bwo kubanza kwigisha kwandika, gusoma no kubara ku bagororwa baza muri gereza  batabizi kuburyo bagera kurwego rwo kuba banakisomera Bibiliya n’ibitabo bahabwa bibumbatiye inyigisho zagenewe kugorora.

Umuyobozi wa gereza ya Muzanze SP Fred Kibibi, avuga ubumenyi ndetse n’imyuga itandukanye buhabwa abagororwa mu rwego rwo kubagorora busaba kuba nibura umuntu azi kwandika, gusoma no kubara.

Yagize ati” Imyuga y’ubwubatsi, ubudozi, gusudira, kubaza n’indi,  kugira ngo uyige bisaba kuba nibura uzi gusoma no kwandika. Niyo mpamvu rero iyo umuntu aje atazi gusoma no kwandika turabimwigisha, hanyuma agakomereza mu myuga bityo kuko yamenye gusoma no kwandika bikamufasha haba mu gushushanya plan y’inzu, kwandika ibipimo akoresheje inyuguti imibare n’ibindi.”

Umuyobozi wa gereza ya Rubavu avuga ko hari abaza gufungwa batarigeze bakandagira mu ishuli bakabyiga bakomerezaho n’imyuga ku bufatanye na IPRC banahabwa impamyabushobozi zijyanye n’ibyo bize.

Yagize ati” hari abageze hano batazi  gusoma no kwandika,  turabigisha basoza kwiga,bamaze  kumenya  Kwandika, gusoma no kubara bakomerezaho imyuga,  hanyuma ku bufatanye n’Ikigo cy’ubumenyingiro  IPRC hagatangwa izuzuma  kuri abo abagororwa, abatsinze bagahabwa impamyabushobozi  zijyanye z’imyuga  bize.”

Gahunda ya leta ni ukugira abaturage bajijutse kuko kujijuka bijyana n’iterambere ry’igihugu, ari nayo mpamvu kuri za gereza hagiyeho gahunda yo guha imfungwa n’abagororwa ubumenyi butandukanye harimo kubigisha imyuga n’ubumenyingiro ndetse no guhugura abataragize amahirwe yo kujya mu ishuri.

DK

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.