Categories: Amakuru ya RCSSlider

UN yahaye SP Mukankwaya Igihembo cy’umugore wagerageje guhanga udushya n’ubwitange mu butumwa bw’amahoro

Iki gihembo yahawe gihabwa abagore bagaragaje ubwitange no guhanga udushya mu butumwa bw’amahoro mu bihugu byagiye bibamo intambara, nkuko bisanzwe bigenda umuryango w’abibumbye wohereza abashyinzwe kubungabunga amahoro mu rwego rwo kugarura ituze muri ibyo bihugu akaba arirwo rwego na SP Christine Mukankwaya umunyarwandakazi ukora mu rwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa ari muri Sudani.

Mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye buri muri Sudani (UNISFA) SP Mukankwaya umugore uturuka mu Gihugu cy’U Rwanda, niwe watoranyijwe mu bandi bagore bari muri icyo gihugu mu butumwa bw’amahoro bagaragaje udushya n’ubwitange mu kazi bagahatana n’abandi bagore bari mu butumwa bw’amahoro mu bindi bihugu bitandukanye ku Isi, iki gihembo gitangirwa ku Cyicaro Gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye I Newyork muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, kigatangwa buri mwaka.

Mumuhango wo guhabwa igihembo yaganewe kirimo umudali wa Zahabu, SP Mukankwaya yashimye abo bakorana umunsi ku munsi na UN yabonye ubwitange bwe, ashimira Leta y’u Rwanda na Perezida Paul Kagame.

Yagize ati” Ndashimira bagenzi banjye dukorana umunsi ku munsi, duharanira ko intego z’ubutumwa zikomeza kugerwaho, ngashimira umuyobozi w’ubutumwa bw’amahoro ushinzwe ibikorwa Madamu Suzan, ndashimira kandi Inama ya UN yateranye ikabona ko nkwiriye iki gihembo, byumwihariko ndashimira Leta y’u Rwanda n’Umukuru wayo Nyakubahwa perezida wa Repubulika Paul Kagame, wadutoje umuco mwiza wo gufatanya, ubwiyunge, n’ urukundo no kwita ku burenganzira bw’ikiremwamuntu, ntewe ishema no kuba ndi umunyarwanda kandi ndasengera ibikorwa by’amahoro bizakomeze gukomera mu kugarura amahoro arambye.”

UNISFA ni rimwe mashami cumi na bibiri (12) y’umuryango w’abibumbye ari mu bikorwa byo kugarura amahoro byashyizweho n’akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano ku isi muri Kamena 2011, gafite ishingano zo kurinda abaturage, gutanga ubutabazi, no kugenzura umupaka uhuza amajyaruguru n’amajyepfo y’icyo gihugu.

Kuva u Rwanda rwatangira kohereza abacungagereza mu butumwa bw’amahoro rumaze kohereza abagera ku ijana na mirongo ine (140) aho kugeza ubu rufite mu abacungagereza cumi na babiri mu bihugu bitandukanye aribyo centrafrica(8), sudani yepfo(3) ndetse na Sudani (1).

SP Christine Mukankwaya yahawe igihembo cy’umugore wagaragaje guhanga udushya n’umuhate mu butumwa bw’amahoro.
Ni ubutumwa bw’umuryango w’Abibumbye buri muri Sudani (UNISFA) mu gace ka Abyei.
Ni igihembo yahawe nyuma yo guhatana n’abandi bagore bari mu bihugu bitandukanye kubera ubwitange bagiye bagaragaza kukazi.
Mu bihembo yahembo yahawe harimo Umudali wa Zahabu.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.