Categories: Amakuru ya RCSSlider

Kuri Gereza ya Nyamagabe hizihirijwe umunsi Mpuzamahanga wahariwe kwita kubuzima bwo Mumutwe muri RCS

Abagororwa bagororerwa muri gereza ya Nyamagabe, bitabiriye uyu munsi mukuru wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Duharanire kubaho neza twita ku buzima bwo mu mutwe bwa buri wese” bahawe  ibiganiro bitandukanye byatanzwe n’impuguke mu by’ubuzima bwo mu mutwe,  imikino n’imyidagaduro nabyo byahawe umwanya mu rwego rwo gukangurira Imfungwa n’Abagororwa bari muri gereza kubikunda, kuko biri mu bintu bifasha mu kubungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe, bijyanye nuko iyo ubirimo biguhuza mu ntekerezo bigatuma n’ubwonko bukora neza iyo ibisoje ukaruhuka.

Mu kwizihiza uyu munsi abagororwa ba Gereza ya Nyamagabe bishimiye amahugurwa bahawe  ku buzima bwo mu mutwe yatanzwe n’umuryango utegamiye kuri Leta akaba n’umufatanyabikorwa wa RCS, Good News for Peace and Development aho batanze amahugurwa ku bagororwa bazajya bafasha bagenzi babo bafite ibibazo byoroheje by’ubuzima bwo mu mutwe bitaragera ku rwego rukomeye, bakabashya kubitaho bagerageza kubaganiriza mu rwego rwo kumenya ikibazo bafite kuko akenshi hari ibimenyetso bibanza kugira ngo ikibazo cy’uburwayi bwo mumutwe bugaragare.

Nkuko bimaze kugaragara ko mu Rwanda indwara zo mu mutwe zikomeje kwiyongera, no muri gereza naho ubu burwayi burahari, unarebye wasanga abafunze bafite ibyago byinshyi byo kurwara izi ndwara bitewe ahanini no kunanirwa kwakira ibihano bahawe, kuremererwa n’ibyaha bikomeye baba bakekwaho cyangwa bahamijwe, guhindura ubuzima babagamo mbere yo gufungwa ndetse no gutandukana n’imiryango n’incuti zabo ibyo byaba mu bintu biri imbere mu byatuma ubu burwayi bugaragaramo cyane.

Mu rwego rwo guhangana n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, RCS ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), yagerageje guhugura abaforomo kuri buri gereza bashobora gufasha abagaragaza ibibazo by’ubuzima bwo mutwe ndetse iri muri gahunda yo gushyira kuri buri gereza abakozi b’inzobere mu buzima bwo mu mutwe aho biteganyijwe ko byibuze buri gereza igomba kuba ifite umukozi umwe w’ inzobere mu buzima bwo mumutwe.

Gahunda yo gushira umukozi kuri buri gereza ushinzwe gukurikirana ubuzima bwo mu mutwe yamaze gutangira kuko Gereza esheshatu arizo Nyarugenge, Rwamagana, Huye, Nyanza, Gicumbi na Ngoma zamaze kubabona n’izindi bikaba biri mu nzira aho bazajya bashyirwa mu myanya kubabifitiye ubushobozi.

Kuri Gereza ya Nyamagabe niho habereye umunsi mpuzamahanga wahariwe ubuzima bwo mu mutwe.
Imikino n’imyidagaduro biri mubituma ubuzima bwo mu mutwe burushaho kumera neza.
DK

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.