Categories: Amakuru ya RCSSlider

Kuri Gereza ya Nyamagabe hizihirijwe umunsi Mpuzamahanga wahariwe kwita kubuzima bwo Mumutwe muri RCS

Abagororwa bagororerwa muri gereza ya Nyamagabe, bitabiriye uyu munsi mukuru wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Duharanire kubaho neza twita ku buzima bwo mu mutwe bwa buri wese” bahawe  ibiganiro bitandukanye byatanzwe n’impuguke mu by’ubuzima bwo mu mutwe,  imikino n’imyidagaduro nabyo byahawe umwanya mu rwego rwo gukangurira Imfungwa n’Abagororwa bari muri gereza kubikunda, kuko biri mu bintu bifasha mu kubungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe, bijyanye nuko iyo ubirimo biguhuza mu ntekerezo bigatuma n’ubwonko bukora neza iyo ibisoje ukaruhuka.

Mu kwizihiza uyu munsi abagororwa ba Gereza ya Nyamagabe bishimiye amahugurwa bahawe  ku buzima bwo mu mutwe yatanzwe n’umuryango utegamiye kuri Leta akaba n’umufatanyabikorwa wa RCS, Good News for Peace and Development aho batanze amahugurwa ku bagororwa bazajya bafasha bagenzi babo bafite ibibazo byoroheje by’ubuzima bwo mu mutwe bitaragera ku rwego rukomeye, bakabashya kubitaho bagerageza kubaganiriza mu rwego rwo kumenya ikibazo bafite kuko akenshi hari ibimenyetso bibanza kugira ngo ikibazo cy’uburwayi bwo mumutwe bugaragare.

Nkuko bimaze kugaragara ko mu Rwanda indwara zo mu mutwe zikomeje kwiyongera, no muri gereza naho ubu burwayi burahari, unarebye wasanga abafunze bafite ibyago byinshyi byo kurwara izi ndwara bitewe ahanini no kunanirwa kwakira ibihano bahawe, kuremererwa n’ibyaha bikomeye baba bakekwaho cyangwa bahamijwe, guhindura ubuzima babagamo mbere yo gufungwa ndetse no gutandukana n’imiryango n’incuti zabo ibyo byaba mu bintu biri imbere mu byatuma ubu burwayi bugaragaramo cyane.

Mu rwego rwo guhangana n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, RCS ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), yagerageje guhugura abaforomo kuri buri gereza bashobora gufasha abagaragaza ibibazo by’ubuzima bwo mutwe ndetse iri muri gahunda yo gushyira kuri buri gereza abakozi b’inzobere mu buzima bwo mu mutwe aho biteganyijwe ko byibuze buri gereza igomba kuba ifite umukozi umwe w’ inzobere mu buzima bwo mumutwe.

Gahunda yo gushira umukozi kuri buri gereza ushinzwe gukurikirana ubuzima bwo mu mutwe yamaze gutangira kuko Gereza esheshatu arizo Nyarugenge, Rwamagana, Huye, Nyanza, Gicumbi na Ngoma zamaze kubabona n’izindi bikaba biri mu nzira aho bazajya bashyirwa mu myanya kubabifitiye ubushobozi.

Kuri Gereza ya Nyamagabe niho habereye umunsi mpuzamahanga wahariwe ubuzima bwo mu mutwe.
Imikino n’imyidagaduro biri mubituma ubuzima bwo mu mutwe burushaho kumera neza.
DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.