Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Iki gitabo kigizwe n’amapaji 192, uyu mushakashatsi akaba n’umwanditsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda; Yolande Mukagasana avuga ko ari igitabo yageneye urubyiruko rw’u Rwanda kugira ngo barusheho gusonanukirwa amatega y’Igihugu.

Igitabo ‘Umurage w’urubyiruko’ gisobanura byinshi ku buryo ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe abatutsi yageze mu Banyarwanda, uko jenoside zitegurwa muri rusange, uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa ndetse n’umwihariko wayo.

Si ibyo gusa kuko iki gitabo kibutsa abantu zimwe mu mvugo abantu bakwiye kwirinda gukoresha cyane ko zikunze gukoreshwa n’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Aabatutsi mu 1994.

Aganira n’abagororwa bo muri iri Gororero rya Nyarugenge, Madame Mukagasana yasabye abagororwa n’Abanyarwanda muri rusange kudakomeza guha icyuho ibitandukanya abanyarwanda, cyanecyane amacakubiri yazanywe n’abakoloni agamije guheza abanyarwanda mu manga ku bw’inyungu zabo.

Ati “ariya moko ni ayo abazungu baduhimbiye kuko, ubuhutu, ubututsi n’ubutwa babitwise bagendeye ku mitungo n’akazi kari gatunze abanyarwanda.”

Yongeyeho ko Ndi Umunyarwanda ari igisubizo ku macakubiri yinjijwe mu Bnyarwanda ati “Ndi Umunyarwanda ni isanomuzi yacu ikaba igihango n’umuti w’ibikomere bikomoka ku mateka.”

Nyuma yo kuganira n’abagororwa no gusubiza ibibazo bamubajije kuri iki gitabo, Madam Mukagasana yasabye abagororwa kwirekura bakavuga amateka yabaranze, ababishoboye bakanayandika.

Mu izina rya Komiseri Mukuru wa RCS, Chief Superintendent Hillary Emmanuel Sengabo yashimiye Madam Yolande Mukagasana kuba yarahisemo kumurikira igitabo cye mu Igororero kuko ubutumwa burimo buri mu bifasha abagororwa kunguka ubumenyi no kugororoka.

Madame Yolande Mukagasana ni umwanditsi akaba n’umushakashatsi.
Placide MUTABAZI

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.