Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Iki gitabo kigizwe n’amapaji 192, uyu mushakashatsi akaba n’umwanditsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda; Yolande Mukagasana avuga ko ari igitabo yageneye urubyiruko rw’u Rwanda kugira ngo barusheho gusonanukirwa amatega y’Igihugu.

Igitabo ‘Umurage w’urubyiruko’ gisobanura byinshi ku buryo ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe abatutsi yageze mu Banyarwanda, uko jenoside zitegurwa muri rusange, uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa ndetse n’umwihariko wayo.

Si ibyo gusa kuko iki gitabo kibutsa abantu zimwe mu mvugo abantu bakwiye kwirinda gukoresha cyane ko zikunze gukoreshwa n’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Aabatutsi mu 1994.

Aganira n’abagororwa bo muri iri Gororero rya Nyarugenge, Madame Mukagasana yasabye abagororwa n’Abanyarwanda muri rusange kudakomeza guha icyuho ibitandukanya abanyarwanda, cyanecyane amacakubiri yazanywe n’abakoloni agamije guheza abanyarwanda mu manga ku bw’inyungu zabo.

Ati “ariya moko ni ayo abazungu baduhimbiye kuko, ubuhutu, ubututsi n’ubutwa babitwise bagendeye ku mitungo n’akazi kari gatunze abanyarwanda.”

Yongeyeho ko Ndi Umunyarwanda ari igisubizo ku macakubiri yinjijwe mu Bnyarwanda ati “Ndi Umunyarwanda ni isanomuzi yacu ikaba igihango n’umuti w’ibikomere bikomoka ku mateka.”

Nyuma yo kuganira n’abagororwa no gusubiza ibibazo bamubajije kuri iki gitabo, Madam Mukagasana yasabye abagororwa kwirekura bakavuga amateka yabaranze, ababishoboye bakanayandika.

Mu izina rya Komiseri Mukuru wa RCS, Chief Superintendent Hillary Emmanuel Sengabo yashimiye Madam Yolande Mukagasana kuba yarahisemo kumurikira igitabo cye mu Igororero kuko ubutumwa burimo buri mu bifasha abagororwa kunguka ubumenyi no kugororoka.

Madame Yolande Mukagasana ni umwanditsi akaba n’umushakashatsi.
Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.