Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Iki gitabo kigizwe n’amapaji 192, uyu mushakashatsi akaba n’umwanditsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda; Yolande Mukagasana avuga ko ari igitabo yageneye urubyiruko rw’u Rwanda kugira ngo barusheho gusonanukirwa amatega y’Igihugu.

Igitabo ‘Umurage w’urubyiruko’ gisobanura byinshi ku buryo ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe abatutsi yageze mu Banyarwanda, uko jenoside zitegurwa muri rusange, uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa ndetse n’umwihariko wayo.

Si ibyo gusa kuko iki gitabo kibutsa abantu zimwe mu mvugo abantu bakwiye kwirinda gukoresha cyane ko zikunze gukoreshwa n’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Aabatutsi mu 1994.

Aganira n’abagororwa bo muri iri Gororero rya Nyarugenge, Madame Mukagasana yasabye abagororwa n’Abanyarwanda muri rusange kudakomeza guha icyuho ibitandukanya abanyarwanda, cyanecyane amacakubiri yazanywe n’abakoloni agamije guheza abanyarwanda mu manga ku bw’inyungu zabo.

Ati “ariya moko ni ayo abazungu baduhimbiye kuko, ubuhutu, ubututsi n’ubutwa babitwise bagendeye ku mitungo n’akazi kari gatunze abanyarwanda.”

Yongeyeho ko Ndi Umunyarwanda ari igisubizo ku macakubiri yinjijwe mu Bnyarwanda ati “Ndi Umunyarwanda ni isanomuzi yacu ikaba igihango n’umuti w’ibikomere bikomoka ku mateka.”

Nyuma yo kuganira n’abagororwa no gusubiza ibibazo bamubajije kuri iki gitabo, Madam Mukagasana yasabye abagororwa kwirekura bakavuga amateka yabaranze, ababishoboye bakanayandika.

Mu izina rya Komiseri Mukuru wa RCS, Chief Superintendent Hillary Emmanuel Sengabo yashimiye Madam Yolande Mukagasana kuba yarahisemo kumurikira igitabo cye mu Igororero kuko ubutumwa burimo buri mu bifasha abagororwa kunguka ubumenyi no kugororoka.

Madame Yolande Mukagasana ni umwanditsi akaba n’umushakashatsi.
Placide MUTABAZI

Recent Posts

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

1 month ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

1 month ago

This website uses cookies.