IRMCT ni Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe n’inkiko mpuzamahanga zaburanishije ibyaha bikomeye birimo jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, zirimo ICTR na ICTY. Uru rwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano byakatiwe n’izo nkiko, rukanagenzura ko ibihugu byakira abagororwa bubahiriza amahame mpuzamahanga.
Bwana Tambadou n’itsinda ayoboye Basobanuriwe byimbitse gahunda y’igorora n’uburyo ishyirwa mu bikorwa mu magororero yose, aho abagororwa bahabwa amasomo y’uburere mboneragihugu n’imyuga itandukanye irimo ubudozi, ububaji, ubukanishi bw’ibinyabiziga, ubukorikori n’ibindi bitandukanye birimo ubuhinzi n’ubworozi.
Si ibyo gusa kuko gahunda y’igorora yibanda no kuri siporo n’imyidagaduro mu magororero, mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe ndetse no kugira ubuzima bwiza muri rusange. Ibyo byose bikaba biri mu bifasha abagororwa kugororoka no kwigirira akamaro nyuma yo kurangiza ibihano baba barakatiwe n’inkiko.
Nyuma yo gusura igororero rya Nyanza ku unsi w’ejo no kuganira na Komiseri wa RCS uyu munsi, Bwana Tambadou yashimiye Leta y’u Rwanda n’ubuyobozi bwa RCS ku buzima bwiza yasanganye abagororwa n’imikorere myiza ibaranga.
Ati” nyuma y’ibiganiro tugiranye hano n’ibiganiro twagiranye n’abagororwa mu Igororero rya Nyanza ndetse n’ibyo twiboneye namaso yacu hano mu Rwanda, ntacyo wabigereranya na cyo ugereranyije n’ahandi aho ari hose hari abagororwa bakatiwe na ICTR.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
Mu gikorwa cyo gushyira mu ngiro icyemezo cy'Inama y'abaminisitiri cyo gufungura by'agateganyo abagororwa bagera ku…
This website uses cookies.