Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

IRMCT ni Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe n’inkiko mpuzamahanga zaburanishije ibyaha bikomeye birimo jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, zirimo ICTR na ICTY. Uru rwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano byakatiwe n’izo nkiko, rukanagenzura ko ibihugu byakira abagororwa bubahiriza amahame mpuzamahanga.

Bwana Tambadou n’itsinda ayoboye Basobanuriwe byimbitse gahunda y’igorora n’uburyo ishyirwa mu bikorwa mu magororero yose, aho abagororwa bahabwa amasomo y’uburere mboneragihugu n’imyuga itandukanye irimo ubudozi, ububaji, ubukanishi bw’ibinyabiziga, ubukorikori n’ibindi bitandukanye birimo ubuhinzi n’ubworozi.

Si ibyo gusa kuko gahunda y’igorora yibanda no kuri siporo n’imyidagaduro mu magororero, mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe ndetse no kugira ubuzima bwiza muri rusange. Ibyo byose bikaba biri mu bifasha abagororwa kugororoka no kwigirira akamaro nyuma yo kurangiza ibihano baba barakatiwe n’inkiko.

Umunyamabanga wa IRMCT n’itsinda ayoboye Basobanuriwe byinshi kuri gahunda y’igorora.

Nyuma yo gusura igororero rya Nyanza ku unsi w’ejo no kuganira na Komiseri wa RCS uyu munsi, Bwana Tambadou yashimiye Leta y’u Rwanda n’ubuyobozi bwa RCS ku buzima bwiza yasanganye abagororwa n’imikorere myiza ibaranga.

Ati” nyuma y’ibiganiro tugiranye hano n’ibiganiro twagiranye n’abagororwa mu Igororero rya Nyanza ndetse n’ibyo twiboneye namaso yacu hano mu Rwanda, ntacyo wabigereranya na cyo ugereranyije n’ahandi aho ari hose hari abagororwa bakatiwe na ICTR.

Bwana Tambadou yashimiye Leta y’u Rwanda ku mikorere myiza yasanze muri RCS.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.