Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

IRMCT ni Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe n’inkiko mpuzamahanga zaburanishije ibyaha bikomeye birimo jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, zirimo ICTR na ICTY. Uru rwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano byakatiwe n’izo nkiko, rukanagenzura ko ibihugu byakira abagororwa bubahiriza amahame mpuzamahanga.

Bwana Tambadou n’itsinda ayoboye Basobanuriwe byimbitse gahunda y’igorora n’uburyo ishyirwa mu bikorwa mu magororero yose, aho abagororwa bahabwa amasomo y’uburere mboneragihugu n’imyuga itandukanye irimo ubudozi, ububaji, ubukanishi bw’ibinyabiziga, ubukorikori n’ibindi bitandukanye birimo ubuhinzi n’ubworozi.

Si ibyo gusa kuko gahunda y’igorora yibanda no kuri siporo n’imyidagaduro mu magororero, mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe ndetse no kugira ubuzima bwiza muri rusange. Ibyo byose bikaba biri mu bifasha abagororwa kugororoka no kwigirira akamaro nyuma yo kurangiza ibihano baba barakatiwe n’inkiko.

Umunyamabanga wa IRMCT n’itsinda ayoboye Basobanuriwe byinshi kuri gahunda y’igorora.

Nyuma yo gusura igororero rya Nyanza ku unsi w’ejo no kuganira na Komiseri wa RCS uyu munsi, Bwana Tambadou yashimiye Leta y’u Rwanda n’ubuyobozi bwa RCS ku buzima bwiza yasanganye abagororwa n’imikorere myiza ibaranga.

Ati” nyuma y’ibiganiro tugiranye hano n’ibiganiro twagiranye n’abagororwa mu Igororero rya Nyanza ndetse n’ibyo twiboneye namaso yacu hano mu Rwanda, ntacyo wabigereranya na cyo ugereranyije n’ahandi aho ari hose hari abagororwa bakatiwe na ICTR.

Bwana Tambadou yashimiye Leta y’u Rwanda ku mikorere myiza yasanze muri RCS.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

Abagororwa 1,874 bafunguwe by’agateganyo basabwe kwitwara neza birinda kugarurwa mu Igororero

Mu gikorwa cyo gushyira mu ngiro icyemezo cy'Inama y'abaminisitiri cyo gufungura by'agateganyo abagororwa bagera ku…

2 months ago

This website uses cookies.