Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Muri uru ruzinduko, izi ntumwa zatanze ikiganiro ku burenganzira bwa muntu kigenewe abatigisiti ndetse n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS).  Icyo kiganiro cyibanze ku kumenyekanisha uburenganzira bw’ibanze bwa muntu, inshingano za buri wese, ndetse n’uko byubahirizwa mu buzima bwa buri munsi bw’abagororerwa mu mirimo nsimburagifungo.

Aba bagororwa bari gukora imirimo nsimburagifungo  bagaragaje ko bishimiye ayo mahugurwa, banageza kuri izo ntumwa icyifuzo cyabo cyo kuba bakorerwa ubuvugizi kugira ngo bajyanwe kurangiriza ibihano byabo mu mirenge bakomokamo. Bavuze ko ibyo byabafasha kurushaho kwita ku miryango yabo no kwiyubaka mu buzima busanzwe.

Mu gusubiza iki cyifuzo, Komiseri Gahongayire Aurelie yabijeje ko Komisiyo izagikorera ubuvugizi, ariko hanarebwe icyo amategeko ateganya kugira ngo hafatwe umwanzuro uhamye kandi wubahiriza amategeko.

Intumwa za Komisiyo zashimye uburyo abatigisiti babayeho neza muri iyo ngando. By’umwihariko, bagaragaje ko umubare w’abahasigaye ari muto kuko hasigaye abagera 36 gusa.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Abagororwa 1,874 bafunguwe by’agateganyo basabwe kwitwara neza birinda kugarurwa mu Igororero

Mu gikorwa cyo gushyira mu ngiro icyemezo cy'Inama y'abaminisitiri cyo gufungura by'agateganyo abagororwa bagera ku…

2 months ago

This website uses cookies.