Muri uru ruzinduko, izi ntumwa zatanze ikiganiro ku burenganzira bwa muntu kigenewe abatigisiti ndetse n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS). Icyo kiganiro cyibanze ku kumenyekanisha uburenganzira bw’ibanze bwa muntu, inshingano za buri wese, ndetse n’uko byubahirizwa mu buzima bwa buri munsi bw’abagororerwa mu mirimo nsimburagifungo.
Aba bagororwa bari gukora imirimo nsimburagifungo bagaragaje ko bishimiye ayo mahugurwa, banageza kuri izo ntumwa icyifuzo cyabo cyo kuba bakorerwa ubuvugizi kugira ngo bajyanwe kurangiriza ibihano byabo mu mirenge bakomokamo. Bavuze ko ibyo byabafasha kurushaho kwita ku miryango yabo no kwiyubaka mu buzima busanzwe.
Mu gusubiza iki cyifuzo, Komiseri Gahongayire Aurelie yabijeje ko Komisiyo izagikorera ubuvugizi, ariko hanarebwe icyo amategeko ateganya kugira ngo hafatwe umwanzuro uhamye kandi wubahiriza amategeko.
Intumwa za Komisiyo zashimye uburyo abatigisiti babayeho neza muri iyo ngando. By’umwihariko, bagaragaje ko umubare w’abahasigaye ari muto kuko hasigaye abagera 36 gusa.
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
This website uses cookies.