Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Muri uru ruzinduko, izi ntumwa zatanze ikiganiro ku burenganzira bwa muntu kigenewe abatigisiti ndetse n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS).  Icyo kiganiro cyibanze ku kumenyekanisha uburenganzira bw’ibanze bwa muntu, inshingano za buri wese, ndetse n’uko byubahirizwa mu buzima bwa buri munsi bw’abagororerwa mu mirimo nsimburagifungo.

Aba bagororwa bari gukora imirimo nsimburagifungo  bagaragaje ko bishimiye ayo mahugurwa, banageza kuri izo ntumwa icyifuzo cyabo cyo kuba bakorerwa ubuvugizi kugira ngo bajyanwe kurangiriza ibihano byabo mu mirenge bakomokamo. Bavuze ko ibyo byabafasha kurushaho kwita ku miryango yabo no kwiyubaka mu buzima busanzwe.

Mu gusubiza iki cyifuzo, Komiseri Gahongayire Aurelie yabijeje ko Komisiyo izagikorera ubuvugizi, ariko hanarebwe icyo amategeko ateganya kugira ngo hafatwe umwanzuro uhamye kandi wubahiriza amategeko.

Intumwa za Komisiyo zashimye uburyo abatigisiti babayeho neza muri iyo ngando. By’umwihariko, bagaragaje ko umubare w’abahasigaye ari muto kuko hasigaye abagera 36 gusa.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.