Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Muri uru ruzinduko, izi ntumwa zatanze ikiganiro ku burenganzira bwa muntu kigenewe abatigisiti ndetse n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS).  Icyo kiganiro cyibanze ku kumenyekanisha uburenganzira bw’ibanze bwa muntu, inshingano za buri wese, ndetse n’uko byubahirizwa mu buzima bwa buri munsi bw’abagororerwa mu mirimo nsimburagifungo.

Aba bagororwa bari gukora imirimo nsimburagifungo  bagaragaje ko bishimiye ayo mahugurwa, banageza kuri izo ntumwa icyifuzo cyabo cyo kuba bakorerwa ubuvugizi kugira ngo bajyanwe kurangiriza ibihano byabo mu mirenge bakomokamo. Bavuze ko ibyo byabafasha kurushaho kwita ku miryango yabo no kwiyubaka mu buzima busanzwe.

Mu gusubiza iki cyifuzo, Komiseri Gahongayire Aurelie yabijeje ko Komisiyo izagikorera ubuvugizi, ariko hanarebwe icyo amategeko ateganya kugira ngo hafatwe umwanzuro uhamye kandi wubahiriza amategeko.

Intumwa za Komisiyo zashimye uburyo abatigisiti babayeho neza muri iyo ngando. By’umwihariko, bagaragaje ko umubare w’abahasigaye ari muto kuko hasigaye abagera 36 gusa.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 month ago

This website uses cookies.