Muri rusange abafunguwe by’agateganyo bagera ku 1,874, bafunguwe mu magororero atandukanye yo hirya no hino mu gihugu. Muri bo harimo abagore 137 ndetse n’abana batanu bafunguwe mu Igororero ry’abana rya Nyagatare.
Mu butumwa yabagejejeho, DCG Rose Muhisoni yabibukije ko amahirwe bahawe agomba kubabera intangiriro yo guhindura imibereho, bakirinda icyabagarura mu magororero. Yabasabye gusubira mu miryango yabo bakagaragaza imyitwarire myiza, bakubaha amategeko kandi bagafatanya n’abandi kubaka Igihugu.
Yagize ati, “turifuza kutazongera kubabona mugaruka hano, mugende mube Abanyarwanda beza b’inyangamugayo kandi muze dufatanye kubaka u Rwanda rwacu, nta wundi mutungo u Rwanda rufite ni twebwe; ni amaboko y’acu n’ayanyu.”
Abafunguwe by’agateganyo basobanuriwe amabwiriza basabwa kubahiriza nyuma yo gufungurwa arimo, kwimenyekanisha ku buyobozi bw’ibanze no ku bushinjacyaha bwo ku rwego rw’ibanze bw’aho aba akihagera bitarenze iminsi 15.
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.