Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abagororwa 1,874 bafunguwe by’agateganyo basabwe kwitwara neza birinda kugarurwa mu Igororero

Muri rusange abafunguwe by’agateganyo bagera ku 1,874, bafunguwe mu magororero atandukanye yo hirya no hino mu gihugu. Muri bo harimo abagore 137 ndetse n’abana batanu bafunguwe mu Igororero ry’abana rya Nyagatare.

Mu butumwa yabagejejeho, DCG Rose Muhisoni yabibukije ko amahirwe bahawe agomba kubabera intangiriro yo guhindura imibereho, bakirinda icyabagarura mu magororero. Yabasabye gusubira mu miryango yabo bakagaragaza imyitwarire myiza, bakubaha amategeko kandi bagafatanya n’abandi kubaka Igihugu.

Yagize ati, “turifuza kutazongera kubabona mugaruka hano, mugende mube Abanyarwanda beza b’inyangamugayo kandi muze dufatanye kubaka u Rwanda rwacu, nta wundi mutungo u Rwanda rufite ni twebwe; ni amaboko y’acu n’ayanyu.”

Abafunguwe by’agateganyo basobanuriwe amabwiriza basabwa kubahiriza nyuma yo gufungurwa arimo, kwimenyekanisha ku buyobozi bw’ibanze no ku bushinjacyaha bwo ku rwego rw’ibanze bw’aho aba akihagera bitarenze iminsi 15.

Abafunguwe by’agateganyo basobanuriwe amabwiriza basabwa kubahiriza.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 month ago

This website uses cookies.