Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Evariste Murenzi Yagiranye ibiganiro na Perezida w’Urukiko Mpuzamahanga rwa IRMCT waje mu ruzinduko rw’akazi

IRMCT ni Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe n’inkiko mpuzamahanga zaburanishije ibyaha bikomeye birimo jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, zirimo ICTR na ICTY. Uru rwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano byakatiwe n’izo nkiko, rukanagenzura ko ibihugu byakira abagororwa bubahiriza amahame mpuzamahanga.

Basobanuriwe gahunda zifasha abagororwa kugororoka n’uburyo amategeko mpuzamahanga yubahirizwa.

Mu biganiro abayobozi bombi bagiranye hibanzwe ku mibereho myiza y’abagororwa by’umwihariko abagororwa b’abanyamahanga bari kurangiriza ibihano byabo mu Rwanda n’ingamba zibafasha kugororoka no kwitegura gusubira mu miryango.

Muri izo gahunda harimo amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro nko kudoda, ububaji, ubuhinzi n’ubworozi, ubudozi n’ubukanishi, ubukorikori byose bibafasha kubona ubumenyi buzabateza imbere.

Nyuma y’ibyo kandi hakiyongeraho siporo zitandukanye zituma bagira ubuzima bwiza n’imyitwarire myiza, amasomo y’uburere mboneragihugu abigisha indangagaciro z’ubunyangamugayo, ubumwe n’ubwiyunge, ndetse n’amasomo rusange yo gusoma, kwandika no kubara ku batize.

CG Murenzi yashimangiye ko RCS ikomeje gushyira mu bikorwa amahame mpuzamahanga agenga amagororero mu gihugu hose. Perezida wa IRMCT na we yashimiye intambwe imaze guterwa, ashimangira ko ubufatanye bukomeje ari ingenzi mu guteza imbere ubutabera n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.

Madamu Graciela Gatti Santana, Perezida w’Urukiko Mpuzamahanga rwa IRMCT.
Madamu Graciela Gatti Santana, yari kumwe n’abandi bayobozi barimo Jesse Leff na Fiona Reinhardt.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

1 month ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

1 month ago

This website uses cookies.