Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Evariste Murenzi Yagiranye ibiganiro na Perezida w’Urukiko Mpuzamahanga rwa IRMCT waje mu ruzinduko rw’akazi

IRMCT ni Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe n’inkiko mpuzamahanga zaburanishije ibyaha bikomeye birimo jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, zirimo ICTR na ICTY. Uru rwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano byakatiwe n’izo nkiko, rukanagenzura ko ibihugu byakira abagororwa bubahiriza amahame mpuzamahanga.

Basobanuriwe gahunda zifasha abagororwa kugororoka n’uburyo amategeko mpuzamahanga yubahirizwa.

Mu biganiro abayobozi bombi bagiranye hibanzwe ku mibereho myiza y’abagororwa by’umwihariko abagororwa b’abanyamahanga bari kurangiriza ibihano byabo mu Rwanda n’ingamba zibafasha kugororoka no kwitegura gusubira mu miryango.

Muri izo gahunda harimo amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro nko kudoda, ububaji, ubuhinzi n’ubworozi, ubudozi n’ubukanishi, ubukorikori byose bibafasha kubona ubumenyi buzabateza imbere.

Nyuma y’ibyo kandi hakiyongeraho siporo zitandukanye zituma bagira ubuzima bwiza n’imyitwarire myiza, amasomo y’uburere mboneragihugu abigisha indangagaciro z’ubunyangamugayo, ubumwe n’ubwiyunge, ndetse n’amasomo rusange yo gusoma, kwandika no kubara ku batize.

CG Murenzi yashimangiye ko RCS ikomeje gushyira mu bikorwa amahame mpuzamahanga agenga amagororero mu gihugu hose. Perezida wa IRMCT na we yashimiye intambwe imaze guterwa, ashimangira ko ubufatanye bukomeje ari ingenzi mu guteza imbere ubutabera n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.

Madamu Graciela Gatti Santana, Perezida w’Urukiko Mpuzamahanga rwa IRMCT.
Madamu Graciela Gatti Santana, yari kumwe n’abandi bayobozi barimo Jesse Leff na Fiona Reinhardt.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 month ago

This website uses cookies.