Categories: Amakuru ya RCS

Mu Igororero rya Nyamagabe Abagororwa bazira ibyaha bya Jenoside barigusoza ibihano batangiye amahugurwa

Ni igikorwa cyatangijwe kumugaragaro  na Uwera Kayumba M. Alice, Umuyobozi Nshingwabikorwa Ushinzwe Ubumwe n’Ubudaheranwa muri Minubumwe, akaba yari aherekejwe n’Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamagabe barikumwe n’inzego zitandukanye z’umutekano zikorera mukarere ka Nyamagabe.

Umuyobozi wari waje muri icyo gikorwa ahagarariye Komiseri Mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora yari komiseri Michael Kamugisha, aho yasabye abagororwa gukurikirana neza amahugurwa bariguhabwa bakazirinda ikintu cyose cyatuma bagaragara mu bikorwa bibi bidakwiriye umunyarwanda kuko aricyo aya mahugurwa aba yarateguriwe murwego rwo kubafasha kumenya amakuru y’ibintu byahindutse igihe batari bahari.

Umuyobozi ushinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Ubudaheranwa muri Minubumwe, Uwera Kayumba Alice yavuze ko iyo gahunda iri gutanga umusanzu mu kugororoka nyako ku bakoze ibyaha bya Jenoside kuko abahawe amahugurwa bamaze bamaze gusubira muri sosiyete iyo ubajije aho batuye bakubwira ko ari abaturage beza bubahiriza gahunda zose za Leta ntakibazo cy’imibanire mibi n’abo baturanye kijya kibagaragaraho.

Ni inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa Minubumwe ibaha zizabafasha kongera kwiyubaka vuba bageze muri sosiyete nyarwanda bakabana neza n’abo basanze bumva neza umurongo mwiza Igihugu gifite wo kugira abaturage batarangwa n’ivangura iryariryo ryose kuko baba bamaze igihe kinini batazi amakuru kuri byinshi biba byarahindutse bikaba ari uburyo bwo kubategura mu marangamutima yabo ndetse na Minubumwe ikaba ivuga ko amahugurwa yatanzwe kubasoje yatanze umusaruro kuko ntansubiracyaha zabayahawe zagaragaye.

Abazakurikirana aya mahugurwa bari mu Igororero rya Nyamagabe bose hamwe ni 266 barimo abagabo 165 ndetse n’abagore 101 baturutse mu magororero 10 ari hirya no hino mu gihugu.

Komiseri Micheal Kamugisha, yasabye abagororwa bariguhabwa amahugurwa kwirinda insubiracyaha.

Uwera Kayumba Alice Umuyobozi Nshingwabikorwa Ushinzwe Ubumwe n’Ubudaheranwa muri Minubumwe yasabye abari gukurikirana amahugurwa kuzaba abaturage beza.
Abarigukurikirana amahugurwa bari ku Igororero ry’abagore rya Nyamagabe bose hamwe ni 266.
Abitabiriye amahugurwa ubona ko babyishimiye kandi biteguye kuzaba abaturage beza.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.