Categories: Amakuru ya RCS

Mu Igororero rya Nyamagabe Abagororwa bazira ibyaha bya Jenoside barigusoza ibihano batangiye amahugurwa

Ni igikorwa cyatangijwe kumugaragaro  na Uwera Kayumba M. Alice, Umuyobozi Nshingwabikorwa Ushinzwe Ubumwe n’Ubudaheranwa muri Minubumwe, akaba yari aherekejwe n’Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamagabe barikumwe n’inzego zitandukanye z’umutekano zikorera mukarere ka Nyamagabe.

Umuyobozi wari waje muri icyo gikorwa ahagarariye Komiseri Mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora yari komiseri Michael Kamugisha, aho yasabye abagororwa gukurikirana neza amahugurwa bariguhabwa bakazirinda ikintu cyose cyatuma bagaragara mu bikorwa bibi bidakwiriye umunyarwanda kuko aricyo aya mahugurwa aba yarateguriwe murwego rwo kubafasha kumenya amakuru y’ibintu byahindutse igihe batari bahari.

Umuyobozi ushinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Ubudaheranwa muri Minubumwe, Uwera Kayumba Alice yavuze ko iyo gahunda iri gutanga umusanzu mu kugororoka nyako ku bakoze ibyaha bya Jenoside kuko abahawe amahugurwa bamaze bamaze gusubira muri sosiyete iyo ubajije aho batuye bakubwira ko ari abaturage beza bubahiriza gahunda zose za Leta ntakibazo cy’imibanire mibi n’abo baturanye kijya kibagaragaraho.

Ni inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa Minubumwe ibaha zizabafasha kongera kwiyubaka vuba bageze muri sosiyete nyarwanda bakabana neza n’abo basanze bumva neza umurongo mwiza Igihugu gifite wo kugira abaturage batarangwa n’ivangura iryariryo ryose kuko baba bamaze igihe kinini batazi amakuru kuri byinshi biba byarahindutse bikaba ari uburyo bwo kubategura mu marangamutima yabo ndetse na Minubumwe ikaba ivuga ko amahugurwa yatanzwe kubasoje yatanze umusaruro kuko ntansubiracyaha zabayahawe zagaragaye.

Abazakurikirana aya mahugurwa bari mu Igororero rya Nyamagabe bose hamwe ni 266 barimo abagabo 165 ndetse n’abagore 101 baturutse mu magororero 10 ari hirya no hino mu gihugu.

Komiseri Micheal Kamugisha, yasabye abagororwa bariguhabwa amahugurwa kwirinda insubiracyaha.

Uwera Kayumba Alice Umuyobozi Nshingwabikorwa Ushinzwe Ubumwe n’Ubudaheranwa muri Minubumwe yasabye abari gukurikirana amahugurwa kuzaba abaturage beza.
Abarigukurikirana amahugurwa bari ku Igororero ry’abagore rya Nyamagabe bose hamwe ni 266.
Abitabiriye amahugurwa ubona ko babyishimiye kandi biteguye kuzaba abaturage beza.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.