Categories: Amakuru ya RCSSlider

Itsinda ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Namibia bakoreye urugendoshuri kuri RCS

Ni itsinda riyobowe na Hon.James Uerikua uhagarariye Komite Ihoraho y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kurinda umutekano, umubano mpuzamahanga no kurinda umutekano w’Inteko Ishinga Amategeko mu Gihugu cya Namibia. Bagiranye ibiganiro bitandukanye mu bijyanye n’imikorere n’imikoranire mu by’igorora. Igikorwa cyitabiriwe na Hon. Aime Marie Ange Tumukunde mu Nteko Ishinga Amategoko y’u Rwanda n’Abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye za RCS .

Abashyitsi basobanuriwe amateka atandukanye ya RCS aho basobanuriwe uburyo yavuye muri politike yo gufunga ikajjya muri politike yo kugorora yibanda ku guha ubumenyi butandukanye umugororwa. Beretswe ibikorwa bitandukanye RCS ikora by’igorora  bigamije kubahiriza uberenganzira bwa muntu, uburyo butandukanye umugororwa ahabwamo ubumenyi bumufasha kuzasubira mu muryango yarahindutse umuturage muzima, kandi ushoboye kwibeshaho ubwe n’abamukomokaho binyuze mu myuga itandukanye bigira mu magororero.

Ni uruzinduko  Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko muri Namibia bamazemo iminsi mu Rwanda kuva tariki ya 24 Mutarama 2026, aho bari gusura inzego n’ibigo bitandukanye mu Rwanda bagamije guhaha ubumenyi, kumenya amateka no gusangira ubunararibonye mu bikorwa bitandukanye ku bihugu byombi. Biteganyijwe ko uruzinduko rwabo mu Rwanda ruzarangira tariki ya 31 Mutarama 2026.

CG Murenzi yashimiye abashyitsi basuye RCS, anashimira umubano mwiza Repubulika ya Namibia ifitanye n’u Rwanda abasaba ko uyu mubano wakomeza kandi ugatera imbere.

Abagize itsinda bagize umwanya wo kubaza no gusobanuza ibikorwa n’imikorere bya RCS biyifasha kuzuza inshingano zayo zose z’ijyanye n’ umutekano ndetse n’z’igorora. Hon. James wari uhagariye iri tsinda yavuze ko bishimiye aho u Rwanda rumaze kugera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, ndetse ashimira by’umwihariko Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ku ntabwe bagezeho mu bikorwa by’indashyikirwa by’igorora biteza imbere abagororwa n’Igihugu muri rusange.

Yagize ati  ‘’Twize ibintu byinshi.’’ Twaje mu Rwanda kureba ibikorwa by’igorora, by’umwihariko uburyo bavuye kuri politike yo gufunga bakajya muri gahunda y’igorora. Twaje kureba uburyo uwakoze icyaha afatwa akagezwa imbere y’ubutabera agakora igihano akagororwa, akazavamo umuturage mwiza’’

Yashimiye intambwe RCS igezeho mu kubahiriza no kwita ku mugorwa yemeza ko bazabigiraho byinshi anasaba ko nabo  bazaza gusura Igihugucyabo cya Namibia.

Uru ruzinduko ruje nyuma y’aho Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS n’Urwego rushinzwe Igorora muri Namibia bisinyanye amaserano y’ubufanye yo kuwa 25 Ugushyingo 2025. Ni amasezerano yashyiWindhoek na Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi na CG Raphael T Humunyela Komiseri Mukuru w’Igorora  muri Namibia.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.