Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abayobozi mu nzego z’ubutabera n’umutekano bitabiriye gahunda y’ubutabera bw’ubuhuza ku Igororero rya Nyarugenge

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye icyo gikorwa, Umumararungu Marie Rose wari uhagarariye ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye, yibukije abagorororwa ko ubuhuza bushingiye ku kwemera icyaha buhera mu manza zo hasi bitarinze kugera aho gukatirwa, ariko kandi n’uwageze mu igororero  ntabwo aba ahejwe ari nayo mpamvu uyu munsi baje ku igororero rya Nyarugenge kugira ngo uwo ari wese wifuza kwicuza nawe abe yahabwa ubutabera nk’ubw’abandi Banyarwanda bose.

Umuyobozi wa RIB mu Karere ka Nyarugenge yasabye abagorororwa Kwirinda kuburana imanza za ndanze bakajya bemera ibyo bakoze kare  mu iperereza ry’ibanze, bityo hakirindwa ko hakomeza kubaho gutinda  kw’ibirego hakorwa irindi perereza nyamara ushobora gusaba imbabazi hakabaho n’uburyo bwo kuguhuzwa n’uwo wakoreye icyaha bigakemuka kare.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda (DPC) mu Karere ka Nyarugenge SP JB Nsabimana we yagiriye inama abagororwa ko mu gihe bagize amahirwe yo kurekurwa, byaba mu buryo bw’agateganyo cyangwa ubwuzuye, bakwiye kubiha agaciro ndetse no kubyubaha birinda ibindi byaha byatuma bagaruka  mu igororero, kuko iyo bagarutse bifatwa nko kuba n’ubundi bararekuwe batabikeneye.

Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda  Justice Harrisson MUTABAZI waje ahagarariye Umucamanza Mukuru, yasezeranyije abagororwa ko uretse iyi gahunda y’ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea-Bargaining), hari gutegurwa uburyo ba perezida b’inkiko ku nzego zose, bazafata umwanya bakaza kureba ibibazo by’abagororwa muri rusange, ibisaba ubuvugizi bugakorwa n’ibikemurirwa aho bigakemuka.

Muri iki kigorwa cyabaye none, abagororwa babonanye n’ubushinjacyaha, 39 muri bo bahise bakorerwa ubuhuza ( Plea-bargaining). Ni gahunda yashyizweho na Leta y’u Rwanda igamije guhuza no kunga uwakoze icyaha n’uwagikorewe kandi bikanagabanya ubwinshi bw’imanza mu nkiko ndetse no kugabanya umubare mwinshi w’abantu bafungwa ugasanga binatera ubukene mu miryango bakomokamo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.