Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abayobozi mu nzego z’ubutabera n’umutekano bitabiriye gahunda y’ubutabera bw’ubuhuza ku Igororero rya Nyarugenge

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye icyo gikorwa, Umumararungu Marie Rose wari uhagarariye ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye, yibukije abagorororwa ko ubuhuza bushingiye ku kwemera icyaha buhera mu manza zo hasi bitarinze kugera aho gukatirwa, ariko kandi n’uwageze mu igororero  ntabwo aba ahejwe ari nayo mpamvu uyu munsi baje ku igororero rya Nyarugenge kugira ngo uwo ari wese wifuza kwicuza nawe abe yahabwa ubutabera nk’ubw’abandi Banyarwanda bose.

Umuyobozi wa RIB mu Karere ka Nyarugenge yasabye abagorororwa Kwirinda kuburana imanza za ndanze bakajya bemera ibyo bakoze kare  mu iperereza ry’ibanze, bityo hakirindwa ko hakomeza kubaho gutinda  kw’ibirego hakorwa irindi perereza nyamara ushobora gusaba imbabazi hakabaho n’uburyo bwo kuguhuzwa n’uwo wakoreye icyaha bigakemuka kare.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda (DPC) mu Karere ka Nyarugenge SP JB Nsabimana we yagiriye inama abagororwa ko mu gihe bagize amahirwe yo kurekurwa, byaba mu buryo bw’agateganyo cyangwa ubwuzuye, bakwiye kubiha agaciro ndetse no kubyubaha birinda ibindi byaha byatuma bagaruka  mu igororero, kuko iyo bagarutse bifatwa nko kuba n’ubundi bararekuwe batabikeneye.

Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda  Justice Harrisson MUTABAZI waje ahagarariye Umucamanza Mukuru, yasezeranyije abagororwa ko uretse iyi gahunda y’ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea-Bargaining), hari gutegurwa uburyo ba perezida b’inkiko ku nzego zose, bazafata umwanya bakaza kureba ibibazo by’abagororwa muri rusange, ibisaba ubuvugizi bugakorwa n’ibikemurirwa aho bigakemuka.

Muri iki kigorwa cyabaye none, abagororwa babonanye n’ubushinjacyaha, 39 muri bo bahise bakorerwa ubuhuza ( Plea-bargaining). Ni gahunda yashyizweho na Leta y’u Rwanda igamije guhuza no kunga uwakoze icyaha n’uwagikorewe kandi bikanagabanya ubwinshi bw’imanza mu nkiko ndetse no kugabanya umubare mwinshi w’abantu bafungwa ugasanga binatera ubukene mu miryango bakomokamo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.