Ni amahugurwa bahererwa ku Ishuri rya RCS rya ‘Rwamagana Training School’, akaba abongerera ubumenyi n’ubushobozi bwo gutabara aho ari ho hose mu magororero igihe havutse ibibazo by’umutekano hifashishijwe ibikoresho by’ihariye birimo: ingabo z’ibakingira, ibyuka biryana mu maso, ibikoresha amazi mu gutatanya abigaragambya n’ibindi bitandukanye bibashoboza gukora akazi vuba kandi ntawuhutajwe.
Umuvugizi wa RCS, Chief Superintendent Hillary Emmanuel Sengabo avuga ko kuba uyu mutwe w’ihariye uhari ari inkingi ikomeye mu nshingano zo kugorora no gucunga umutekano w’abagororwa n’uwabo bwite, bigakorwa kinyamwuga mu buryo budahutaza uwo ariwe wese, hakurukijwe amategeko y’Igihugu na mpuzamahanga mu gusigasira uburenganzira bwa muntu.
Ati “nukuvuga ngo ubu turakora mu buryo bwa kinyamwuga kuko umutwe wihariye baba bafite ubushobozi bwo gukemura ikibazo mu ituze hirinzwe ihohoterwa. Aho abantu bakora kinyamwuga baba batandukaniye n’abadakora kinyamwuga mu bijyanjye n’ibi by’umutekano, ni ugukora ibintu neza utangije.”
Umuvugizi wa RCS, akomeza avuga ko uyu mutwe udasanzwe Atari wo wihariye wonyine kuko hari n’irindi ‘Tsinda ry’ihariye rya muzika’ ndetse n’ishuri rikuru ry’igisha abo ku rwego rwa ba Ofisiye bato.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.