Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umutwe udasanzwe wa RCS ubamo abafite ubumenyi n’ibikoresho by’ihariye bibafasha gukora kinyamwuga

Ni amahugurwa bahererwa ku Ishuri rya RCS rya ‘Rwamagana Training School’, akaba abongerera ubumenyi n’ubushobozi bwo gutabara aho ari ho hose mu magororero igihe havutse ibibazo by’umutekano hifashishijwe ibikoresho by’ihariye birimo: ingabo z’ibakingira, ibyuka biryana mu maso, ibikoresha amazi mu gutatanya abigaragambya n’ibindi bitandukanye bibashoboza gukora akazi vuba kandi ntawuhutajwe.

Umuvugizi wa RCS, Chief Superintendent Hillary Emmanuel Sengabo avuga ko kuba uyu mutwe w’ihariye uhari ari inkingi ikomeye mu nshingano zo kugorora no gucunga umutekano w’abagororwa n’uwabo bwite, bigakorwa kinyamwuga mu buryo budahutaza uwo ariwe wese, hakurukijwe amategeko y’Igihugu na mpuzamahanga mu gusigasira uburenganzira bwa muntu.

Ati “nukuvuga ngo ubu turakora mu buryo bwa kinyamwuga kuko umutwe wihariye baba bafite ubushobozi bwo gukemura ikibazo mu ituze hirinzwe ihohoterwa. Aho abantu bakora kinyamwuga baba batandukaniye n’abadakora kinyamwuga mu bijyanjye n’ibi by’umutekano, ni ugukora ibintu neza utangije.”

Umuvugizi wa RCS, akomeza avuga ko uyu mutwe udasanzwe Atari wo wihariye wonyine kuko hari n’irindi ‘Tsinda ry’ihariye rya muzika’ ndetse n’ishuri rikuru ry’igisha abo ku rwego rwa ba Ofisiye bato.

ubumenyi n’ubushobozi bafite bibafasha gukora akazi gakomeye bidasabye ko baba benshi cyane.
Bakorera imyitozo ku Ishuri rya RCS, Rwamagana Training School.
Uyu mutwe udasanzwe ugizwe n’abasore n’inkumi.
Bafite ubumenyi n’ubushobozi bwo gucunga umutekano w’abagororwa mu nzitizi izo arozo zose.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.