Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umutwe udasanzwe wa RCS ubamo abafite ubumenyi n’ibikoresho by’ihariye bibafasha gukora kinyamwuga

Ni amahugurwa bahererwa ku Ishuri rya RCS rya ‘Rwamagana Training School’, akaba abongerera ubumenyi n’ubushobozi bwo gutabara aho ari ho hose mu magororero igihe havutse ibibazo by’umutekano hifashishijwe ibikoresho by’ihariye birimo: ingabo z’ibakingira, ibyuka biryana mu maso, ibikoresha amazi mu gutatanya abigaragambya n’ibindi bitandukanye bibashoboza gukora akazi vuba kandi ntawuhutajwe.

Umuvugizi wa RCS, Chief Superintendent Hillary Emmanuel Sengabo avuga ko kuba uyu mutwe w’ihariye uhari ari inkingi ikomeye mu nshingano zo kugorora no gucunga umutekano w’abagororwa n’uwabo bwite, bigakorwa kinyamwuga mu buryo budahutaza uwo ariwe wese, hakurukijwe amategeko y’Igihugu na mpuzamahanga mu gusigasira uburenganzira bwa muntu.

Ati “nukuvuga ngo ubu turakora mu buryo bwa kinyamwuga kuko umutwe wihariye baba bafite ubushobozi bwo gukemura ikibazo mu ituze hirinzwe ihohoterwa. Aho abantu bakora kinyamwuga baba batandukaniye n’abadakora kinyamwuga mu bijyanjye n’ibi by’umutekano, ni ugukora ibintu neza utangije.”

Umuvugizi wa RCS, akomeza avuga ko uyu mutwe udasanzwe Atari wo wihariye wonyine kuko hari n’irindi ‘Tsinda ry’ihariye rya muzika’ ndetse n’ishuri rikuru ry’igisha abo ku rwego rwa ba Ofisiye bato.

ubumenyi n’ubushobozi bafite bibafasha gukora akazi gakomeye bidasabye ko baba benshi cyane.
Bakorera imyitozo ku Ishuri rya RCS, Rwamagana Training School.
Uyu mutwe udasanzwe ugizwe n’abasore n’inkumi.
Bafite ubumenyi n’ubushobozi bwo gucunga umutekano w’abagororwa mu nzitizi izo arozo zose.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.