Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi 35 ba RCS barangije amahugurwa y’itumanaho rigezweho mu nzego z’umutekano

Ni amahugurwa yateguwe n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda. Muri aba 35 barangije aya mahugurwa harimo ba Ofisiye bato 5, ba Suzofisiye 9 hamwe na 21 afite ipeti rya Warder.

Iri tumanaho rigezweho rigizwe n’ibikoresho by’amaradiyo y’itumanaho afite ikoranabuhanga rigezweho ku rwego mpuzamahanga rifasha inzego z’umutekano gutumanaho mu buryo butekanye kandi bwihuse. Abarangije aya mahugurwa bakaba bafite ubumenyi kubikoresha, kwinjira muri sisiteme yabyo no gukemura ibibazo byose bishobora kuvuka muri iryo tumanaho.

Assistant Commissioner Moses Ntawiheba washoje aya mahugurwa, yashimiye Polisi ku bufatanye bwiza bagirana mu bikorwa bitandukanye anashimiraAbitabiriye aya mahugurwa ku myitwarire myiza bagaragaje no gukunda amasomo.

Assistant Commissioner Moses Ntawiheba.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.