Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ubutwari bwaranze ingabo za RPA zahagaritse Jenoside bwakoze ku mutima, Abanyeshuri bari ku masomo abagira ba Ofisiye bato ba RCS

Ku ngoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batambagijwe ibice bitandukanye by’iyo nyubako, igiye irimo ibimenyetso byerekana uko urugamba rwo kubohora ubanyarwanda bicwaga bazira ubwoko bwabo, n’uburyo bamwe mu banyarwanda bari baramenesherejwe mumahanga hirya no hino bafashe iya mbere bakemera guhara amagara yabo ngo babohore benewabo bicwaga, aribwo urugamba rwatangiraga bagasoza intego yabo bayigezeho nubwo bitabujije bamwe muribo kuhasiga ubuzima muri urwo rugamba rwo guhangana n’umwanzi.

Basobanuriwe amateka y’iyo nyubako nuburyo yabaye umutaka wabo kuko abanyepolitiki n’abasirikare 600 ba RPA, arimwo bari bari kubwumvikane bwa Leta yari iriho biturutse ku masezerano yari yabereye Arusha muri Tanzaniya yo gusaranganya ubutegetsi, ariko nyuma bagashaka kubatsinda muri iyo nyubako kugirango hatarokoka n’umwe birwanaho mu buryo bushoboka birangira bagenzi babo baje kubunganira baturutse ku murindi aho ibindiro bikuru bya RPA byari biri baboneraho no kurokora abicwaga mumujyi wa Kigali bakomeza urugamba aribyo byanatumye babona intsinzi.

Abanyeshuri bashimye ubutwari n’ubwitange byaranze ingabo zari iza RPA, bakemera guhara amagara yabo ariko bakabohora abicwaga bazira uko baremwe biyemeza nabo ko mubyo bagomba gukora byose bagomba kurangwa n’ubutwari kandi bagakunda igihugu cyabo baharanira ubumwe n’iterambere by’abanyarwanda.

Ubwo abanyeshuri bahabwaga ikaze, bagiye gutangira gusura ibice bitandukanye bigize Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside.
Basobanuriwe amateka menshi ajyanye n’urugamba rwo guhagarika Jenoside n’uko urugamba rwagendaga.
Aha ni ku gice cyo hejuru cy’inyubako bereka abanyeshuri uko urugamba rwategurwaga icyitwa command post abazi imvugo za gisirikare.
Basuye kandi ibimenyetso bitandukanye bigaragaza ubutwari bw’ingabo za RPA n’uburyo zitangaga.
Aha bari ku gice cyo hejuru ku nyubako bareba imbunda yahashije umwanzi wari mu kigo cyabagamo abasirikare barindaga umukuru w’Igihugu.
Basoje gusura ibice byose abanyeshuri bafashe ifoto y’urwibutso ku ngoro y’amateka yo guhagarika Jenoside.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.