Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abanyeshuri bari ku masomo abagira ba ofisiye bato ba RCS, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Bakigera ku rwibutso abakozi bahoraho bafasha abaje gusura Urwibutso, basobanuriye abanyashuri bari mumasomo abategura kuba ba Ofisiye bato ba RCS, bari baje mu rugendoshuri rwo kumenya amateka yaranze u Rwanda, aho nyuma yo gusura Urwibutso bakomereje ku ngoro y’amateka yo guhagarika Jenoside naho bagasobanurirwa ubutwari bw’ingabo za RPA zahagaritse Jenoside amahanga arebera, abicanyi bica inzirakarengane z’abatutsi kandi ariyo yarikugira icyo akora ubwicanyi bugahagarara ndetse ko na Loni ubwayo ntacyo yakoze icyo gihe ariko bakemera kwitanga bagahara amagara bakarengera abicwaga bakabarokora ndetse na Jenoside igahagarikwa.

Basobanuriwe uko abakoroni babibye amacakubiri agakura, abanyarwanda bagatangira gucikamo ibice ubwoko bugakoreshwa uburyo butaribwo abantu bikabacengera bikaba aribyo byoretse imbaga nyamwinshi y’ubwoko bw’abatutsi kandi ntakindi bwari bubatwaye kuko buribwoko bwari bufite inshingano mu gihe cy’abami aho abatutsi bari bashinzwe kwita ku matungo, abahutu bashinzwe ubuhinzi abatwa bagahiga kandi ko ntakibazo bajyaga bagirana hagati yabo ariko abakoroni baje babacamo ibice byagejeje abanyarwanda kuri Jenoside yakorewe abatutsi bishwe muri Mata 1994 basaga miliyoni bakahatakariza ubuzima.  

Uru rugendoshuri rukorwa n’abanyeshuri bari mumasomo abategura kuba ba Ofisiye bato bo mu nzego z’umutekano kugirango basobanurirwe amateka yaranze u Rwanda n’abanyarwanda kugirango bizabafashe kumenya aho bahera batanga umusanzu wabo mu kubaka urwababyaye rufite icyerekezo n’iterambere.

Aha bari mu gice batangiriraho berekwa amashusho atandukanye ya bamwe mu barokotse bavuga ingaruka Jenoside yabagizeho nuko bari babanye n’ababiciye mbere yuko ubwicanyi butangira.
Ubwo bari bagiye gutangira gusura mu rwibutso babanje guhabwa amabwiriza agenga abagiye gusura.
Bamaze gusura ibice bitandukanye birimo amateka agaragaza uko Jenoside yateguwe nuko yakozwe bashize indabo ku mva zishyinguyemo imwe mu mibiri y’abishwe muri Jenoside muri Mata 1994.

Bamaze gushyira indabo ku mva zishyinguyemo Abatutsi bishwe muri Jenoside babahaye icyubahiro inzirakarengane zishyinguye muri uru rwibutso.

Umuyobozi w’Ishuri rya RCS Training School Rwamagana C SUPT J.P.O Bazambanza wari waherekeje abanyeshuri nawe yunamiye inzirakarengane zishwe muri Jenoside.
Umuyobozi w’Ishuri rya RCS Training School Rwamagana C SUPT J.P.O Bazambanza, asinya mu gitabo cy’abashyitsi basuye urwibutso.
Nkuko bisanzwe ku basura Urwibutso ko bagira umusanzu batanga mugushigikira ibikorwa byo kurubungabunga umuyobozi w’ishuri niwe watanze ubwo butumwa bakusanyirije hamwe.
Basoje gusura ibice bitandukanye bigize urwibutso no gushyira indabo ku mva bafashe ifoto y’urwibutso.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.