Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru wa RCS yasuye abari gukora igihano cy’inyungu rusange i Nyagatare

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage Madame Murekatete Juliette niwe wari uhagarariye  Akarere muri iki gikorwa,  aho yari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye bo mu nzego mu nzego z’ibanze n’iz’umutekano. Ni igikorwa cyabereye aho aba bagororwa bakoraga umuhanda ungana n’ibirometero 3 wo mu Mudugudu wa N01 werekeza muri Santere ya Rukomo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyagatare Madame Juliette Murekatete yari umwe mubitabiriye iki gikorwa.

Leta y’u Rwanda yashyizeho iki gihano muri gahunda yo gukemura ibibazo bitandukanye haba ku ruhande rw’uwakoze icyaha ubwe, uwakorewe icyaha ndetse n’igihugu. Uwakoze icyaha kuba akora ataha bimufasha gukora igihano cye kandi yita no ku muryango kandi n’umuryango mugari yakozemo icyaha akabasha kuwisangamo.

CG Evariste Murenzi wari Umushyitsi Mukuru muri iki gikorwa yibukije abari muri ibi bihano ko bafite amahirwe adasanzwe yo gukora igihano bataha mu miryango yabo kuko iminsi bakora mu cyumweru ari mikeya indi yose bakayikoresha biteza imbere. Yasabye abo bagororwa kwirinda kongera kwijandika mu byaha bityo bakabyaza umusaruro amahirwe bahawe bakaniteza imbere. Yagize ati “Ni amahirwe mwahawe mugomba kuyabyaza umusaruro, mukirinda kongera gukora ibyaha.”

Iki gihano cyibanda ku bikorwa bifitiye rubanda nyamwinshi akamaro.

Kugeza ubu abakatiwe iki gihano mu gihugu bageze 4836. Abamaze kuboneka mu turere 1571 muri bo 843 batangiye gukora ibihanobyabo ababuze bakaba bari gushakishwa. Abataraboneka kugeza ubu ngo batangire ibihano ni 2841.

RCS, ikora urutonde rw’abantu bakatiwe n’inkiko igihano cy’imirimo y’inyungu rusange; rugashyikiriwa Akarere abo bantu babarizwamo n’ako kakagena imirimo izakorwa. Inzego za Leta, Ibigo bya Leta Sosiyete sivile cyangwa abikorera bashobora gusaba kuresha abakatiwe iki gihano babisabye RCS.

Umuntu wakatiwe iki gihano akora iminsi itanu mu cyumweru iyo akora igihano aba mu ngando mu gihe ukora ataha iwe akora iminsi itatu mu cyumweru. Umugororwa wakatiwe iki gihano cy’imirimo y’inyungu rusange, afite inshingano zo kwitabira inteko rusange z’abaturage, amasomo y’uburere mboneragihugu ategurwa na RCS n’ibindi birebana n’akarere atuyemo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.