Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru wa RCS yasuye abari gukora igihano cy’inyungu rusange i Nyagatare

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage Madame Murekatete Juliette niwe wari uhagarariye  Akarere muri iki gikorwa,  aho yari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye bo mu nzego mu nzego z’ibanze n’iz’umutekano. Ni igikorwa cyabereye aho aba bagororwa bakoraga umuhanda ungana n’ibirometero 3 wo mu Mudugudu wa N01 werekeza muri Santere ya Rukomo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyagatare Madame Juliette Murekatete yari umwe mubitabiriye iki gikorwa.

Leta y’u Rwanda yashyizeho iki gihano muri gahunda yo gukemura ibibazo bitandukanye haba ku ruhande rw’uwakoze icyaha ubwe, uwakorewe icyaha ndetse n’igihugu. Uwakoze icyaha kuba akora ataha bimufasha gukora igihano cye kandi yita no ku muryango kandi n’umuryango mugari yakozemo icyaha akabasha kuwisangamo.

CG Evariste Murenzi wari Umushyitsi Mukuru muri iki gikorwa yibukije abari muri ibi bihano ko bafite amahirwe adasanzwe yo gukora igihano bataha mu miryango yabo kuko iminsi bakora mu cyumweru ari mikeya indi yose bakayikoresha biteza imbere. Yasabye abo bagororwa kwirinda kongera kwijandika mu byaha bityo bakabyaza umusaruro amahirwe bahawe bakaniteza imbere. Yagize ati “Ni amahirwe mwahawe mugomba kuyabyaza umusaruro, mukirinda kongera gukora ibyaha.”

Iki gihano cyibanda ku bikorwa bifitiye rubanda nyamwinshi akamaro.

Kugeza ubu abakatiwe iki gihano mu gihugu bageze 4836. Abamaze kuboneka mu turere 1571 muri bo 843 batangiye gukora ibihanobyabo ababuze bakaba bari gushakishwa. Abataraboneka kugeza ubu ngo batangire ibihano ni 2841.

RCS, ikora urutonde rw’abantu bakatiwe n’inkiko igihano cy’imirimo y’inyungu rusange; rugashyikiriwa Akarere abo bantu babarizwamo n’ako kakagena imirimo izakorwa. Inzego za Leta, Ibigo bya Leta Sosiyete sivile cyangwa abikorera bashobora gusaba kuresha abakatiwe iki gihano babisabye RCS.

Umuntu wakatiwe iki gihano akora iminsi itanu mu cyumweru iyo akora igihano aba mu ngando mu gihe ukora ataha iwe akora iminsi itatu mu cyumweru. Umugororwa wakatiwe iki gihano cy’imirimo y’inyungu rusange, afite inshingano zo kwitabira inteko rusange z’abaturage, amasomo y’uburere mboneragihugu ategurwa na RCS n’ibindi birebana n’akarere atuyemo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.