Muri iki giterane abagororwa mu nyigisho bahawe bibukijwe ko uko waba uri kose iyo wiragije Imana ndetse ugaca bugufi ugasenga Imana bikuruhura umutima bikanagufasha kubohoka.
Uwaje ahagarariye Itorero rya Calvary Wide Fellowship Ministries Rev. Espoir Serugo yashyikirije ubuyobozi bw’Igororero ibyuma bya Muzika birimo ingoma (Drum Tama), Mixer,Piano, Keyboard nini, Microphone n’ibindi bitandukanye. Hatanzwe kandi ibitabo by’indirimbo bibafasha mu kuririmba.
Umuyobozi w’Igororero rya Nyarugenge Senior Superitendent Patrick Muragizi yashimiye iri torero rya Calvary Wide Fellowship Ministries na Alarm Ministries ku mutima mwiza bagira wo gufasha no gutekereza ku bagororwa mu byo bakora bya buri munsi.
Yanabwiye abagororwa ko ari nayo mpamvu ubuyobozi bw’u Rwanda bwemerera amadini n’amatorero kuza kubigisha ndetse ari ni nzira nziza ifasha mu bikorwa by’igorora.
Abagorororwa banejejwe no kuba baratekerejweho ndetse bakanabazanira abagize itsinda rya Alarm Ministries ngo ribataramire ndetse banafatanye mukuramya no guhimbaza Imana.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.