Muri iki giterane abagororwa mu nyigisho bahawe bibukijwe ko uko waba uri kose iyo wiragije Imana ndetse ugaca bugufi ugasenga Imana bikuruhura umutima bikanagufasha kubohoka.
Uwaje ahagarariye Itorero rya Calvary Wide Fellowship Ministries Rev. Espoir Serugo yashyikirije ubuyobozi bw’Igororero ibyuma bya Muzika birimo ingoma (Drum Tama), Mixer,Piano, Keyboard nini, Microphone n’ibindi bitandukanye. Hatanzwe kandi ibitabo by’indirimbo bibafasha mu kuririmba.
Umuyobozi w’Igororero rya Nyarugenge Senior Superitendent Patrick Muragizi yashimiye iri torero rya Calvary Wide Fellowship Ministries na Alarm Ministries ku mutima mwiza bagira wo gufasha no gutekereza ku bagororwa mu byo bakora bya buri munsi.
Yanabwiye abagororwa ko ari nayo mpamvu ubuyobozi bw’u Rwanda bwemerera amadini n’amatorero kuza kubigisha ndetse ari ni nzira nziza ifasha mu bikorwa by’igorora.
Abagorororwa banejejwe no kuba baratekerejweho ndetse bakanabazanira abagize itsinda rya Alarm Ministries ngo ribataramire ndetse banafatanye mukuramya no guhimbaza Imana.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.