Categories: Amakuru ya RCSSlider

Uburyo bushya bwashyizweho bwo gusura abagororwa buratanga icyizere cyo kwihutisha serivisi

Hatekerezwa ubu buryo, hari hashize iminsi ku magororero humvikana abaturage bavuga ko bajya gusura ababo bagahura n’imbogamizi z’uko bahatakariza umwanya munini n’akazi kagapfa, guhabwa umwanya muto wo kuganira n’ababo ndetse rimwe na rimwe abo baje gusura bagataha batabonanye bitewe n’amasaha.

Ibi nibyo byatumye Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS rugenzura ikibazo nyamukuru cyaba gitera ibyo byose abaturage batishimira ngo servisi igende neza.

Byaje kugaragara ko ikibazo cy’iyi mikorere abaturage bitaga ko ari mibi, gishingiye ku mwanya munini abaturage batakarizaga mu guhaha ku iguriro ry’igororero (cantine) ibyo baza gushyira abo basuye. Ibi bigatuma abagororwa baza bagategereza ababasuye bakababura bigatwara umwanya munini wo gutegereza igihe barangiriza guhaha, ibi bikanatuma umwanya bahawe wo kuganira uba muto mu rwego rwo gusiganwa n’amasaha no gusaranganya igihe ngo buri wese byibuze atahe abonanye n’uwe.

Nk’uko byagaragaye mu cyumweru cya mbere iyi gahunda nshya itangiye ubu buryo bwabaye igisubizo ku byo abaturage bakomeje kugaragaza ko ari imbogamizi bahura nazo haba mu bijyanye no kwihutisha serivisi no kuyinoza.  

Bamwe mu baturage basuye ababo bagororerwa ku Igororero rya Nyarugenge kuri uyu wa 4 Ukwakira bemeza ko gahunda yashyizweho yo koherereza umugororwa amafaranga ari nziza haba ku ruhande rw’usura n’usurwa.

Mukandayisenga Jeanne d’Arc umwe mu baturage wari wasuye umugorwa ku Igororero rya Nyarugenge ubwo twamubazaga uko yakiriye impinduka mu buryo bwo gusura yagize ati: “Ndabona iyi gahunda ari nziza. Nta mwanya munini noneho turi kumara dutegereje abacu, twahawe iminota myinshi  tuganira n’abantu bacu bitandukanye n’uko byari bisanzwe. Ikigaragara cyo iminota myinshi twayitakarizaga mu kujya guhaha ibyo turi bubahe kandi twahatindaga cyane kuko twabaga turi benshi, rimwe na rimwe abantu bacu bakaza bakatubura bakisubirirayo twe tukiri kuri Kantine.”

Nsabimana Fulgence nawe yaduhamirije ko ubu buryo igihe bwakomeza bwazajya bwihutisha servisi ndetse n’uwaje gusura uwe  ntamuhahire ibyo adakeneye. Ati: “Byadufashije kuko hari n’ubwo twabahahiraga ibyo bo badakeneye, nk’ubu ukamuzanira amavuta kandi akeneye umuti w’amenyo. Kuba bazajya bihahira nibyo byiza kandi n’iyo waba wabuze umwanya wo kuza hano ku igororero uba wizeye ko uwawe ntakibazo afite iyo icyo wakabaye umuha wakimwoherereje kuri telefone”

Hari bamwe mu badasobanukiwe uko amafaranga yohererezwa umugororwa, gusa RCS yabitanzeho umucyo, isobanura uko bikorwa muri rusange. Buri gororero rigira kode (MoMo Pay) yoherezwaho amafaranga, hakaba na nomero isanzwe yoherezwaho ubutumwa bugufi busobanura uwohereje amafaranga (Amazina abaruye kuri Sim Card yakoreshwejwe mu kohereza amafaranga) n’imyirondoro y’uwo yohererejwe(umugororwa) n’umubare w’amafaranga yoherejwe.

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igororora rwizeza abaturage bafite impungenge z’uko abagororwa bazajya bagorwa no kubona ibyo batumije muri Kantine, RCS iramara impungenge ko ijya gufata umwanzuro kujya basurisha MoMo bari babitekerejeho mbere kandi ko nta kibazo kizabaho na gito ibyo umugororwa akeneye bizajya bimugeraho mu gihe gito gishoboka.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.