Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ubumenyi abagororwa bakura mu Igororero babubyaza umusaruro na mbere yo gusubira mu miryango

Nk’uko buri gororero rigira umwihariko waryo, iyo ugeze ku igororero rya Nyarugenge riherereye mu Mujyi wa Kigali, usanga bacuruza imyenda myiza idodwa n’abagororwa, uduseke, inkongoro, udukoresho two mu rugo dutandukanye, ibikapu, inkoni z’abasaza n’indi mitako ibereye ijisho.

Umugororwa icyo ahisemo kwiga ahava akizi neza ku buryo yahatana ku isoko ry’umurimo.

Si kuri uwo munsi w’isura rusange bacuruzaho gusa kuko n’undi wese ukeneye gukoresha ibikoresho ashaka ku igororero avugana n’ubuyobozi bw’igororero bakamukorera ibyo akeneye cyane ko imyuga yose bayiga kandi bakanayikorera ku Igororero harimo ububaji, ubudozi, gukora inkweto, ibikinisho by’abana n’ubundi bugeni butandukanye.

Ibyo byose babyigira mu Igororero mu murongo wo kubagorora no kubafasha kuzigirira akamaro barangije ibihano ndetse bikagira uruhare rukomeye mu kubarinda ubwigunge no kugira intekerezo mbi.

Si ibyo gusa kuko kugira ubumenyi nk’ubwo no kubukoresha kenshi aho baba bari mu magororero bikarishya ubumenyi bahabwa hakiyongeraho n’amafaranga bakura muri ibyo bikorwa baba bakoze kuko ababikora bahabwa icumi ku ijana (10%) ku mafaranga aba yavuyemo, andi agasubira kugurwamo ibikoresho bifashisha muri iyo mirimo.

Ibikorwa by’abagororwa birakundwa cyane kandi bikagurwa n’abaza kubasura.

Ubumenyi abagororwa bakura mu magororero buba bufite ireme bitewe no kwiga banashyira mu bikorwa ibyo biga, iyi ikaba ari imwe mu mpamvu hashyizweho ikindi kigo kizajya cyakira abagororwa basigaje igihe gito ngo barangize ibihano mu rwego rwo kubahuza n’abikorera n’amakoperative, bikazajya bibafasha kwisanga muri sosiyete no kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe nk’uko byatangajwe na Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi ubwo hafungurwaga icyo kigo ‘Rwamagana Social Reintegration Centre.’

CG Murenzi yagize ati “by’umwihariko zimwe muri gahunda zizategura abagororwa gusubira mu miryango yabo zirimo: gutyaza no gushyira mu ngiro ubumenyingiro umugororwa yaherewe mu igororero agatangira kubukoresha hanze y’igororero, kwigishwa kwihangira imirimo, no guhuzwa n’abikorera, koperative n’amashyirahamwe hakurikijwe ubumenyi buri wese yahawe.”

Aya mahirwe yose yashyizweho agamije gufasha uwakoze icyaha kongera kuba umuturange ufite ubuzima bwiza kandi wubaha amategeko.

Ibi bikorwa byose abagororwa bakora binabari kugira ubwigunge mu Igororero.

Abagororwa bakura ubumenyi bwinshi butandukanye mu igororero kuko na bo ubwabo barigishanya.

Ibikoresho byifashishwa mu kwiga no gushyira mu bikorwa ibyo biga babishakirwa n’ubuyobozi bw’igororero.

Abagororwa biga gukora ibintu byiza kandi bifite uburambe nk’umwihariko wabo.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

19 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.