Mu ruzinduko rwe, Mansaray yabanje gusura Igororero mpuzamahanga rya Nyanza ku munsi w’ejo, aho yaganiriye n’abagororwa barimo aboherejwe n’urukiko mpuzamahanga baturutse muri iki gihugu ndetse n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ku ngingo zitandukanye zirimo kugorora, umutekano, imiyoborere, ibiribwa n’imibereho myiza, ubuvuzi n’ubwishingizi, isuku ndetse n’imyidagaduro.
Madamu Binta Mansaray yaganiriye n’abagororwa bakomoka muri Sierra Leone bari mu Igororero rya Nyanza.
Madamu Binta yashimiye RCS ku bufatanye bwiza bukomeje kuyiranga mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano aboherejwe bakatiwe, anashimira gahunda nziza z’igorora zihabwa abagororwa cyanecyane imyuga n’ubumenyingiro bahakura yiganjemo ububaji, ubudozi, ubukanishi bw’ibinyabiziga, amazi n’amashanyarazi, ikoranabuhanga n’ubundi bukorikori butandukanye.
Kugeza ubu abari kurangiriza ibihano mu Rwanda bakatiwe n’uru Rukiko Rudasanzwe rwa Sierra ni bane, nyuma y’uko batatu barekuwe undi umwe agapfa azize indwara.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.