Mu ruzinduko rwe, Mansaray yabanje gusura Igororero mpuzamahanga rya Nyanza ku munsi w’ejo, aho yaganiriye n’abagororwa barimo aboherejwe n’urukiko mpuzamahanga baturutse muri iki gihugu ndetse n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ku ngingo zitandukanye zirimo kugorora, umutekano, imiyoborere, ibiribwa n’imibereho myiza, ubuvuzi n’ubwishingizi, isuku ndetse n’imyidagaduro.
Madamu Binta Mansaray yaganiriye n’abagororwa bakomoka muri Sierra Leone bari mu Igororero rya Nyanza.
Madamu Binta yashimiye RCS ku bufatanye bwiza bukomeje kuyiranga mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano aboherejwe bakatiwe, anashimira gahunda nziza z’igorora zihabwa abagororwa cyanecyane imyuga n’ubumenyingiro bahakura yiganjemo ububaji, ubudozi, ubukanishi bw’ibinyabiziga, amazi n’amashanyarazi, ikoranabuhanga n’ubundi bukorikori butandukanye.
Kugeza ubu abari kurangiriza ibihano mu Rwanda bakatiwe n’uru Rukiko Rudasanzwe rwa Sierra ni bane, nyuma y’uko batatu barekuwe undi umwe agapfa azize indwara.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.