Mu ruzinduko rwe, Mansaray yabanje gusura Igororero mpuzamahanga rya Nyanza ku munsi w’ejo, aho yaganiriye n’abagororwa barimo aboherejwe n’urukiko mpuzamahanga baturutse muri iki gihugu ndetse n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ku ngingo zitandukanye zirimo kugorora, umutekano, imiyoborere, ibiribwa n’imibereho myiza, ubuvuzi n’ubwishingizi, isuku ndetse n’imyidagaduro.
Madamu Binta Mansaray yaganiriye n’abagororwa bakomoka muri Sierra Leone bari mu Igororero rya Nyanza.
Madamu Binta yashimiye RCS ku bufatanye bwiza bukomeje kuyiranga mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano aboherejwe bakatiwe, anashimira gahunda nziza z’igorora zihabwa abagororwa cyanecyane imyuga n’ubumenyingiro bahakura yiganjemo ububaji, ubudozi, ubukanishi bw’ibinyabiziga, amazi n’amashanyarazi, ikoranabuhanga n’ubundi bukorikori butandukanye.
Kugeza ubu abari kurangiriza ibihano mu Rwanda bakatiwe n’uru Rukiko Rudasanzwe rwa Sierra ni bane, nyuma y’uko batatu barekuwe undi umwe agapfa azize indwara.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.