Madamu Binta aherekejwe na Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, DCG Rose Muhisoni, yasuye ahari ibikorwa bitandukanye kuri iri Gororero, birimo aho abagororwa bahamagarira kuri telefone bavugana n’imiryango yabo ndetse n’inshuti zabo, aho abagororwa bahurira n’ababunganira mu mategeko, ndetse n’irerero ry’abana batarengeje imyaka 3 babana n’ababyeyi babo mu Igororero.
Irerero ry’abana ku Igororero riba rikurikirana imirire myiza y’abana no kubahugura kugira ngo babe bari ku rwego nk’urwabandi abana bose mu gihugu.
Madamu Binta yashimye uburyo RCS ifasha abagororwa kubaho mu buzima buboneye kandi bubafasha kugororoka, anashima u Rwanda ku byemezo n’umuhate rugaragaza mu guteza imbere ubutabera n’uburenganzira bwa muntu.
RCS muri gahunda n’ingamba zayo zitandukanye ikomeza gushyira imbere ubutabera, ubumenyingiro n’amasomo mboneragihugu ku bagororwa hagamijwe kubafasha gusubira mu muryango babaye abantu bazima kandi bubaha amategeko.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.