Categories: Amakuru ya RCSSlider

U Rwanda ruritegura kwakira Inama Mpuzamahanga y’Amagororero n’Amagereza (ICPA) mu mwaka utaha wa 2025

Iyi nama iri kubera mu Gihugu cya Singapore ku nshuro ya 26, yatangiye kuwa 01 ikazageza  06 Nzeri 2024, ikaba yaritabiriwe  n’ababayobozi benshi baturutse mu bihugu bitandukanye bifite inshingano zo kugorora barenga 1000 baturutse hirya no hino ku Isi, aho muri abo bayobozi harimo na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CG Evariste Murenzi n’itsinda ayoboye.

Mu byaganiriwe muri iyi nama, u Rwanda rwashimiwe kuri gahunda rwihaye mu gutanga serivisi z’ubuzima ku bantu bagororwa, binyuze muri gahunda y’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) ndetse ko ari uburyo bwiza benshi bakuyemo isomo. Umuyobozi w’uyu Muryango Mpuzamahanga w’Amagororero n’Amagereza, Bwana Peter Severin yanaboneyeho umwanya wo gutangariza ku mugaragaro abitabiriye iyo nama ko u Rwanda ari rwo ruzakira inama ngarukamwaka izaba iri kuba ku nshuro yayo ya 27 mu mwaka utaha wa 2025.

Mu kwakira inama ya ICPA 2025, azaba ari amahirwe ko U Rwanda ruzahungukira ubumenyi butandukanye binyuze mu guhanahana amakuru, mu byiza  byinshi ibihugugu bitandukanye ku isi bizaba byarakoze cyane  mu gusubiza mu buzima busanzwe abasoje ibihano, bikazrufasha muri gahunda za burimunsi mu kugorora hirindwa insubiracyaha no gushyira ingufu muri gahunda zo gufasha abarangije ibihano gusubira muri sosiyete baragororotse

Iyi nama izabera mu Rwanda mu mwaka utaha nkuko byemerejwe mu nama rusange, ruzaba rubaye Igihugu cya Kabiri muri Afurika, kiyakiriye nyuma y’Igihugu cya Namibia cyayakiriye muri 2014.

CG Evariste Murenzi, arikumwe n’itsinda ayoboye bitabiriye Inamampuzamahanga y’amagororero n’amagereza.
Muri iyo nama U Rwanda rwashimiwe uburyo bwiza rukoresha mu guha abantu bafunzwe serivisi z’ubuvuzi (Mituelle de Sante).
CG Evariste Murenzi ubwo yagezaga ijambo kubitabiriye Inamampuzamahanga y’Amagororero n’amagereza.
Inama y’amagereza n’amagororero ya 2024, yahuje abarenga 1,000 b’inzebere mu kugorora n’abandi bahanga batandukanye ku isi.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

1 month ago

This website uses cookies.