Categories: Amakuru ya RCSSlider

U Rwanda ruritegura kwakira Inama Mpuzamahanga y’Amagororero n’Amagereza (ICPA) mu mwaka utaha wa 2025

Iyi nama iri kubera mu Gihugu cya Singapore ku nshuro ya 26, yatangiye kuwa 01 ikazageza  06 Nzeri 2024, ikaba yaritabiriwe  n’ababayobozi benshi baturutse mu bihugu bitandukanye bifite inshingano zo kugorora barenga 1000 baturutse hirya no hino ku Isi, aho muri abo bayobozi harimo na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CG Evariste Murenzi n’itsinda ayoboye.

Mu byaganiriwe muri iyi nama, u Rwanda rwashimiwe kuri gahunda rwihaye mu gutanga serivisi z’ubuzima ku bantu bagororwa, binyuze muri gahunda y’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) ndetse ko ari uburyo bwiza benshi bakuyemo isomo. Umuyobozi w’uyu Muryango Mpuzamahanga w’Amagororero n’Amagereza, Bwana Peter Severin yanaboneyeho umwanya wo gutangariza ku mugaragaro abitabiriye iyo nama ko u Rwanda ari rwo ruzakira inama ngarukamwaka izaba iri kuba ku nshuro yayo ya 27 mu mwaka utaha wa 2025.

Mu kwakira inama ya ICPA 2025, azaba ari amahirwe ko U Rwanda ruzahungukira ubumenyi butandukanye binyuze mu guhanahana amakuru, mu byiza  byinshi ibihugugu bitandukanye ku isi bizaba byarakoze cyane  mu gusubiza mu buzima busanzwe abasoje ibihano, bikazrufasha muri gahunda za burimunsi mu kugorora hirindwa insubiracyaha no gushyira ingufu muri gahunda zo gufasha abarangije ibihano gusubira muri sosiyete baragororotse

Iyi nama izabera mu Rwanda mu mwaka utaha nkuko byemerejwe mu nama rusange, ruzaba rubaye Igihugu cya Kabiri muri Afurika, kiyakiriye nyuma y’Igihugu cya Namibia cyayakiriye muri 2014.

CG Evariste Murenzi, arikumwe n’itsinda ayoboye bitabiriye Inamampuzamahanga y’amagororero n’amagereza.
Muri iyo nama U Rwanda rwashimiwe uburyo bwiza rukoresha mu guha abantu bafunzwe serivisi z’ubuvuzi (Mituelle de Sante).
CG Evariste Murenzi ubwo yagezaga ijambo kubitabiriye Inamampuzamahanga y’Amagororero n’amagereza.
Inama y’amagereza n’amagororero ya 2024, yahuje abarenga 1,000 b’inzebere mu kugorora n’abandi bahanga batandukanye ku isi.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.