Mu bagize itsinda ry’abaganirije abagore bagororerwa mu Igororero rya Ngoma, ni abashinzwe gukurikirana umunsi ku munsi uko hakwirindwa icyo cyorezo, barimo Dr Gahima John umuyobozi w’ibitaro bya Kibungo, Captain Peter Nemeye, ushinzwe ubuvuzi muri burigade y’uburasirazuba, Rurangwa Diogene ukora muri Minisante, Dukuzimana Marie Alice, Ukuriye ubuzima mu Karere, batanga ikiganiro ku bwirinzi bw’icyorezo kiri mubihangayikishije isi muri iyi minsi.
Mu bibazo abagororwa babajije, nuko bari bafite amatsiko yuko icyo cyorezo cyandura n’uburyo cyakwirindwa ndetse n’ingamba bafata mu rwego rw’ubwirinzi, aho bahawe ubusonuro bwimbitse kuri iki cyorezo ndetse n’uburyo bakwirinda kugira ngo hatazagira aho imenera kandi kuyirinda bishoboka, ariko babasaba ko mubyo bagomba kwita ku isuku kuko ariho yandurira cyane kandi ko nubwo yaba atari ukwirinda icyorezo ko isuku ari ngezi mubuzima.
Mu minsi yashize nibwo hadutse icyorezo cy’ubushita bw’inkende (MPOX) aho isi yose yashize imbaraga mu guhangana nacyo bitewe nuko cyari kimaze guhitana abantu benshi kandi mu gihe gito.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.