Categories: Amakuru ya RCSSlider

Televiziyo mu magororero ni umusemburo w’impinduka mu bitekerezo by’abagororwa binyuze mu nyigisho n’amakuru

Nk’uko imirongo y’ibitangazamakuru byinshi yibanda ku kwigisha ibintu bitandukanye, kumenyesha amakuru yo hirya no hino ku Isi no gufasha ababikurikira kwidagadura, abagororwa na bo babasha gukurikira ibitangazamakuru bitandukanye bari mu igororero bikabafasha kwiga, kumenya amakuru yo hirya no hino no kwidagadura muri rusange.

Umutoni Diane ni umwe mu bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge akaba n’umwe mu bashinzwe gufasha abandi bagororwa kureba Televiziyo mu mutuzo nta wubangamiye abandi.

Avuga ko bakurikira Televiziyo buri munsi kandi ko hari amateleviziyo menshi bityo buri wese akajya mu itsinda ry’abari kureba ibyo yishimiye muri ako kanya.

Bimwe mu byo asobanura bakunda gukurikira kuri televiziyo, birimo cyanecyane amakuru agezweho, inyigisho zo kubungabunga ubuzima no kwiteza imbere, kureba firime, umupira w’amaguru n’ibindi biganiro bitandukanye by’imyidagaduro.

Ibyo byose bigatuma badasigara mu icuraburindi ryo kutamenya icyerekezo cy’Igihugu cyabo, kurwanywa ubwigunge no kutibagirwa burundu ubuzima bwo hanze y’igororero kuko byazagira ingaruka igihe basubiye mu miryango yabo.  

Umutoni Diane ni we ushinzwe umutekano wa televiziyo ziri mu Igororero rya Nyarugenge mu gice kibamo abagore.

Abagororwa kandi bemeza ko ubusabane bagira iyo bahuriye ku kintu bakunze nko kureba umupira cyangwa firime, bituma barushaho kugira ubumwe no gukundana bikabafasha guhorana ituze no koroherana bityo umutekano wabo ukarushaho gusagamba.

Kabera Emmanuel we ni umugororwa ugororerwa mu Igororero rya Bugesera. Avuga ko bimwe mu biganiro bakurikira kuri televiziyo byamufashije cyane ari ibijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge ku buryo ubu yamaze gutandukana n’ibitekerezo by’amacakubiri burundu.

Ati “ikintu dukunda kurebaho cyane ni ibikorwa by’iterambere kugira ngo tumenye aho igihugu kigeze, kandi tugakurikira n’ibiganiro birebana n’ubumwe n’ubwiyunge.”

Yongeyeho ati “ikintu cya mbere, bidufasha kumenya aho abanyarwanda berekera bikaduha kumva ko natwe hari umusanzu igihugu kidutezeho tukamenya ko tugomba kuzakorera igihugu igihe tuzaba tuvuye muri ubu buzima, ubwo rero tukaba tuvuga tuti dutashye natwe twagenda tuzi iterambere abanyarwanda bagezeho, ubumwe n’ubwiyunge abanyarwanda bagezeho; Igihugu icyo kidushakaho kugira ngo natwe dutange uwacu musanzu.”

Muri rusange ubuyobozi bwa RCS bwashyizeho televiziyo mu magororero kugira ngo ibe imwe mu nzira zifasha kugorora binyuze mu gufasha abagororwa kugira ubumenyi babwigiye ku bandi bo hirya no hino ku Isi, gusabana hagati yabo, gukumira ubwigunge kuri buri wese no kurinda ko bazakomererwa n’ubuzima igihe baba barangije ibihano byabyo basubiye mu buzima busanzwe.

Mu Igororero rya Bugesera kimwe no mu yandi magororero yose bakurikira gahunda zitandukanye zica ku mateleviziyo.
Televiziyo zishyirwaho ibintu bitandukanye kugira ngo buri wese yisange ahari ibyo akeneye muri ako kanya.
Abagororwa bamenya amakuru agezweho buri munsi yaba ayo mu Rwanda ndetse n’imahanga.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Siporo n’imyidagaduro  ni ubuzima, ni urukingo rw’indwara zitabarika-Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’irya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa muri 2022, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora,…

2 days ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

6 days ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

6 days ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

2 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

3 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

3 weeks ago

This website uses cookies.