Categories: Amakuru ya RCSSlider

Rwanda Bridges to Justice yakoze ubukangurambaga ku by’amategeko mu Igororero rya Rwamagana

Ubu bukangurambaga bwitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana, minisiteri y’ubutabera, ubushinjacyaha, ubugenzacyaha, polisi, urwego rushinzwe iperereza, umuryango utabara imbabare (HCR), umuryango Prison Fellowship, abakozi b’Igororero ndetse na CP Bosco Kabanda waje uhagarariye Komiseri mukuru wa RCS, mu rwego rwo gushyigikira ubufasha uyu muryango utanga muby’amategeko.

Ni ubukangurambaga bwari bufite insanganyamatsiko igira iti”Uburenganzira bwo kunganirwa mumategeko.” aho abari mu Igororero basobanuriwe amategeko atandukanye n’uburyo nta muntu n’umwe udafite uburenganzira bwo kunganirwa mumategeko, kuko hari ababura ubwo burenganzira kubera ubushobozi buke akaba ariyo mpamvu Rwanda bridge to Justice yaje kugirango ifashe abafite icyo kibazo ntibazongere kubura uburenganzira bwabo.

Mu mikino Abagororwa bagiye bakina bagaragaje aho umuburanyi utishoboye yaje kubona umwunganira binyuze muri Rwanda Bridges to Justice akaza kuburana yunganiwe akaba umwere, nta kiguzi na kimwe atanze mu gihe mbere byabaga bigoye kubona umwunganizi utamwishyuye, bakaba bashima leta y’u Rwanda idahwema gutekereza ku munyarwanda wese.

CP  Bosco Kabanda wari umushyitsi mukuru waje ahagarariye Komiseri Mukuru wa RCS, yabwiye abagororwa ko igihugu gitekereza ku baturage bacyo ko ntawe kiba cyibagiwe.

Yagize ati “Ndagirango mbabwire ko Igihugu gitekereza ku muturage wacyo wese, kuba muri hano namwe muri abanyarwanda nk’abandi bose, niyo mpamvu gahunda zireba abandi namwe ziba zibareba, yaba umekene cyangwa umukire ni umunyarwanda niyo mpamvu buriwese uburenganzira bwe bugomba kubahirizwa, ndasoza mbabwira ko Umuyobozi Mukuru W’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora yantumye ngo mbashimire imyitwarire myiza yanyu mukomeje kugaragaza abasaba ko mwakomerezaho.”

Umuryango Rwanda Bridge to Justice utanga ubufasha mu mategeko cyane ubuhuza, aho ushobora guhuza umwunganizi n’uburana wabuze ubushobozi , agahabwa ubwunganizi mu mategeko nta kiguzi nta kimwe atanze nkuko bisanzwe ko umuntu ukeneye ubwunganizi abanza kwishyura umwunganira.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

32 seconds ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.