Categories: Amakuru ya RCSSlider

Rwanda Bridges to Justice yakoze ubukangurambaga ku by’amategeko mu Igororero rya Rwamagana

Ubu bukangurambaga bwitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana, minisiteri y’ubutabera, ubushinjacyaha, ubugenzacyaha, polisi, urwego rushinzwe iperereza, umuryango utabara imbabare (HCR), umuryango Prison Fellowship, abakozi b’Igororero ndetse na CP Bosco Kabanda waje uhagarariye Komiseri mukuru wa RCS, mu rwego rwo gushyigikira ubufasha uyu muryango utanga muby’amategeko.

Ni ubukangurambaga bwari bufite insanganyamatsiko igira iti”Uburenganzira bwo kunganirwa mumategeko.” aho abari mu Igororero basobanuriwe amategeko atandukanye n’uburyo nta muntu n’umwe udafite uburenganzira bwo kunganirwa mumategeko, kuko hari ababura ubwo burenganzira kubera ubushobozi buke akaba ariyo mpamvu Rwanda bridge to Justice yaje kugirango ifashe abafite icyo kibazo ntibazongere kubura uburenganzira bwabo.

Mu mikino Abagororwa bagiye bakina bagaragaje aho umuburanyi utishoboye yaje kubona umwunganira binyuze muri Rwanda Bridges to Justice akaza kuburana yunganiwe akaba umwere, nta kiguzi na kimwe atanze mu gihe mbere byabaga bigoye kubona umwunganizi utamwishyuye, bakaba bashima leta y’u Rwanda idahwema gutekereza ku munyarwanda wese.

CP  Bosco Kabanda wari umushyitsi mukuru waje ahagarariye Komiseri Mukuru wa RCS, yabwiye abagororwa ko igihugu gitekereza ku baturage bacyo ko ntawe kiba cyibagiwe.

Yagize ati “Ndagirango mbabwire ko Igihugu gitekereza ku muturage wacyo wese, kuba muri hano namwe muri abanyarwanda nk’abandi bose, niyo mpamvu gahunda zireba abandi namwe ziba zibareba, yaba umekene cyangwa umukire ni umunyarwanda niyo mpamvu buriwese uburenganzira bwe bugomba kubahirizwa, ndasoza mbabwira ko Umuyobozi Mukuru W’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora yantumye ngo mbashimire imyitwarire myiza yanyu mukomeje kugaragaza abasaba ko mwakomerezaho.”

Umuryango Rwanda Bridge to Justice utanga ubufasha mu mategeko cyane ubuhuza, aho ushobora guhuza umwunganizi n’uburana wabuze ubushobozi , agahabwa ubwunganizi mu mategeko nta kiguzi nta kimwe atanze nkuko bisanzwe ko umuntu ukeneye ubwunganizi abanza kwishyura umwunganira.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.