Categories: Amakuru ya RCSSlider

Madame Kayitesi Alice, yasuye Igororero rya Nyamagabe, muri gahunda yo kwegera abaturage

Madame Kayitesi Alice, aherekejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe ndetse n’izindi nzego z’umutekano bakiriwe neza n’abagororwa mu mbyino n’indirimo zuje ubutumwa, ndetse banahabwa ikaze n’Ubuyobozi bw’Igororero rya Nyamagabe. Madame Kayitesi  Alice, yatemberejwe aho abagororwa bigira imyuga itandukanye, irimo: gutunganya imisatsi, kuboha, ndetse n’iyubuhinzi n’ubworozi. Ni imyuga izabafasha kwibeshaho neza mu gihe basubiye mu buzima busanzwe basoje ibihano. Yanasuye irerero ry’abana (ECD), ryita kubana bato bari kumwe n’ababyeyi babo mu igororero.

Mu izina ry’abagororwa bagenzi be, umugororwa uyobora abandi yavuze bimwe mu bibazo bahura nabyo, asaba ko ubuyobozi bwabibakemurira cyangwa bukabakorera ubuvugizi aho bukenewe. Muri ibyo bibazo harimo ibifitanye isano n’imiryango yabo nk’abana babo bata ishuri, imitungo yabo idakurikiranwa neza, ndetse n’abagororwa badafite ababo babitaho. Uyu mugororwa yanashimiye ko inzego z’ubuyobozi zibasura zikumva ibibazo byabo.

Mu ijambo Madame Kayitesi Alice yabagejejeho, yashimiye abagororwa ko bagaragaza imyitwarire myiza ndetse ko ibibazo byabo agiye kubikorera ubuvugizi, ibindi akabibakemurira. Yanashimiye ubuyobozi bw’Igororero ko bwuzuza inshingano z’abwo zo kugorora kuko badafunga abantu ahubwo babigisha bakagororoka.

Ntabwo ari ubwa mbere abayobozi basura abaturage babo bari mumagororero atandukanye, mu rwego rwo kubegera ngo bamenye ibibazo bafite n’uburyo babafasha kubikemura n’ibikeneye ubuvugizi bugakorwa.

Guverineri w’Intara y’Amjyepfo Madame Kayitesi Alice ndetse n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe basuye Igororero rya Nyamagabe baherekejwe n’inzego z’umutekano.
Madame Kayitesi Alice; Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, yaganirije abagororwa ku Igororero rya Nyamagabe.
Mu bwuzu bwinshi abagororwa ba Nyamagabe bamwakirije imbyino zibereye ijisho.
Abashyitsi batemberejwe aho abagororwa bigira imyuga itandukanye irimo no kuboha ibiseke.
Madame Kayitesi Alice n’abamuherekeje basuye ishuri ryita ku bana bato babana n’ababyeyi babo mu igororero.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.