Muri uru ruzinduko rwa Minisitiri w’umutekano yagiriye ku Igororero rya Nyarugenge, yari arikumwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CG Evariste Murenzi, n’abakozi batandukanye b’iryo gororero, aho yabaganirije akanabashimira umuhate wabo mu kazi ka burimunsi, nabo bamugezaho imbogamizi bahura nazo mukazi aho zimwe yatanze umurongo w’uburyo zakemurwa izindi abemerera kuzikorera ubuvugizi.
Mu gihe yamaze ku Igororero rya Nyarugenge, yasuye ibikorwa bitandukanye ariko byumwihariko yibanda aho abagororwa bigira imyuga n’ubumenyingiro, yishimira uburyo bigishwa imyuga itandukanye, avuga ko ubu aribwo buryo bwiza bwo kugorora, aho umuntu wakoze icyaha akora igihano akanahabwa impamba y’ubumenyi buzamufasha kwiteza imbere n’umuryango we ndetse n’igihugu muri rusange, asoje igihano cye asubiye mubuzima busanzwe.
Ubu hafi y’amagororero yose ari mu gihugu afite amashuri abagororwa bigiramo imyuga n’ubumenyingiro, gahunda Leta yashizeho muburyo bwo gutegura uwakoze icyaha kuzasubira mu buzima busanzwe hari ubumenyi afite bwamufasha kwirinda gusubira mu byaha.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.