Categories: Amakuru ya RCSSlider

Rwamagana Abagororwa n’ababasura barishimira impinduka nziza muri serivisi yo guhaha no gusura

Bamwe mu bo twaganiriye barimo abagororwa n’ababasuye ku munsi w’isura rusanjye ryo ku wa Gatandatu ubwo bari baje kubaha Noheri n’umwaka mushya wa 2026, bavuga ko byahoze bigoranye gusura umuntu ugahita umubona ako kanya cyangwa ngo muganire akanya kanini, ndetse ko n’abagororwa batumizaga ibintu muri ‘canteen’ bigatinda ariko ubu bikaba bibageraho mu gihe gito nkuko bikwiye.

Abagororwa bo mu Igororero rya Rwamagana basuwe n’imiryango yabo mu minsi mikuru ya Noheri na Bonane.

Madame Niyigena Janvierre ni umwe mu bari baje gusura abagororwa kuri iri Gororero rya Rwamagana, yagize ati: “naje gusura Papa, narimuzaniye agakweto n’agatiriningi ko kwambara muri iyi minsi mikuru ya Noheri na Bonane nasanze ameze neza, aho twandikishiriza hari serivisi yihuta nahise mubona.”

Niyigena akomeza avuga ko serivisi yo kohereza amafaranga kuri MoMo yabafashije cyane, ati: “iyo ngereranyije na mbere mba mbona ubu ari byiza kuko njye mba mfite akazi ka buri munsi ntabwo njya Nkunda kuboneka, ariko nohereza amafaranga agahaha icyo akeneye ntiriwe nza hano n’imirimo yanjye ikagenda neza, nazabona umwanya nkaza nkamureba tukaganira.”

Madame Niyigena Janvierre avuga ko bitagitinda kubona uwo waje gusura kandi ko baganira umwanya uhagije.

Bigirimana Firmen nawe ni umugororwa wo muri iri Gororero rya Rwamagana, avuga ko ibintu bitagendaga neza mu mihahire yabo byose ubu byakosotse, ati: “ubundi mbere baradusuraga ugasanga hari igihe uwagusuye akuzaniye ibyo utashakaga ariko ubu aho bihindukiye amafaranga barayohereza kuri MoMo, noneho wakenera ikintu nk’umugororwa ukitumiriza icyo ushaka. Ubu rero navuga ko aribwo bimeze neza kuko umugororwa wese ukeneye ikintu aragitumiza kikazira ku gihe bitarenze iminsi 2 kandi gihuye n’icyo yashakaga.”

Bigirimana Firmen umwe mu bagororwa bemeza ko ubu bahaha ibyo bakeneye kandi bakabibona vuba.

Twagirimana Jean De Dieu, we ni umuyobozi wa ‘Canteen’ ya Muhabura ikorera ku Igororero rya Rwamagana. Akomoza ku kijyanye n’ibiciro bagurishaho bamwe bavuga ko bitandukanye n’ibyo hanze ku yandi masoko, yavuze ko ibiciro byabo bishingira ku nyigo y’ibiciro rusange mu karere baherereyemo ikorwa buri mezi atatu.

Ati: “ntabwo aribyo ko ibiciro byaba biri hejuru ugereranyije no hanze kuko hano dufite urutonde rw’ibiciro biba byasuzumwe n’inzego ebyiri; serivisi ishinzwe imibereho myiza y’abagororwa ku Igororero hamwe n’itsinda rya Muhabura rishinzwe amasoko. Bajyana ku isoko bakareba uko bihagaze, bakaza bakemeza igiciro kijyanye n’uko ku Isoko bihagaze cyangwa byaba na ngombwa bakamanura nkuko bo bashobora kujya ku ma ‘depot’ kubyirangurira ku giciro gito.”

Twagirimana akomeza Atanga ingero z’ibiciro bagurishaho ugereranyije no hanze, ati: “nkubu ikiro cy’isukari hari aho usanga kigura Amafaranga ibihumbi 2 ariko hano tukigurisha 1800, amavuta ya Movit iyo ugeze mu masoko uyagura 2000 ariko twebwe tuyatanga ku 1700, umuti w’isabune hano ugura Amafaranga 1700 mu gihe hanze uri kugura 1800 hamwe ukaba wanawugura ku bihimbi 2, n’amata y’inyange 500g hanze bagurisha Amafaranga 1000 hano ni 900.”

Yongeyeho ko ubu hongerewe abakozi mu rwego rwo kwihutisha serivisi ku bagororwa ku buryo iyo bagejejweho urutonde rw’ibyatumijwe bitarenza umunsi umwe batarabibagezaho.

Twagirimana Jean De Dieu umuyobozi wa Canteen Muhabura ku Igororero rya Rwamagana.

Mu kiganiro yagiranye n’abaturage bari baje gusura ababo kuri iri Gororero rya Rwamagana, Umuvugizi wa RCS, Chief Superintendent Hillary Emmanuel Sengabo yabasabye ubufatanye mu rugendo rwo kugorora birinda cyanecyane kuzana ibitemewe ku igororero by’umwihariko ibiyobyabwenge kuko bituma nabo bisanga mu igororero kuko hari benshi bijya bigendekera gutyo.

Umuvugizi wa RCS, Chief Superintendent Hillary Emmanuel Sengabo yasabye abaturage kwirinda kuzana ibiyobyabwenge kuko bidindiza intego yo kugorora.
Abaje gusura ababo bashimiye Serivisi nziza bahabwa banizeza uruhare rwabo mu kurwanya abazana ibitemewe.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.