Ni mu giterane cyabereye muri iri Gororero, aho abavugabutumwa bo muri SOAG baje kwifatanya n’abagororwa kwizihiza Umunsi mukuru wa Noheri wabaye ejo kuwa kane. Abagororwa bagejejweho ijambo ry’Imana n’impanuro zitandukanye, bibutswa ko ibihe bya Noheri ari umwanya mwiza wo kwishima, gusangira, gufashanya ndetse kwisuzuma umuntu akitandukanya n’ikibi cyose.
Abagororwa bashimiye cyane aba bavugabutumwa babazirikanye bakaza kubaha ibirori ndetse n’impano z’iminsi mikuru. Babasabye kujya babazirikana no mu bindi bihe uko umwanya ubonetse bakaza bakabasura.
Abagororwa nyuma yo kugezwaho ijambo ry’Imana, ku bufatanye na RCS, SOAG yashyikirije abagororwa impano ya matola 100 mu rwego rwo kwifatanya nabo mu kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2025.
Muri gahunda zitandukanye z’igorora, RCS igira imikoranire n’imiryango,ibigo n’amadini bitandukanye bafatanya mu bikorwa bitandukanye by’igorora byose bigamije kurushaho kunoza imibereho myiza y’umugororwa. Aha hazamo n’ivugabutumwa kuko rifasha mu isanamitima kuri aba bantu bari mu magorero atandukanye.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.