Ni mu giterane cyabereye muri iri Gororero, aho abavugabutumwa bo muri SOAG baje kwifatanya n’abagororwa kwizihiza Umunsi mukuru wa Noheri wabaye ejo kuwa kane. Abagororwa bagejejweho ijambo ry’Imana n’impanuro zitandukanye, bibutswa ko ibihe bya Noheri ari umwanya mwiza wo kwishima, gusangira, gufashanya ndetse kwisuzuma umuntu akitandukanya n’ikibi cyose.
Abagororwa bashimiye cyane aba bavugabutumwa babazirikanye bakaza kubaha ibirori ndetse n’impano z’iminsi mikuru. Babasabye kujya babazirikana no mu bindi bihe uko umwanya ubonetse bakaza bakabasura.
Abagororwa nyuma yo kugezwaho ijambo ry’Imana, ku bufatanye na RCS, SOAG yashyikirije abagororwa impano ya matola 100 mu rwego rwo kwifatanya nabo mu kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2025.
Muri gahunda zitandukanye z’igorora, RCS igira imikoranire n’imiryango,ibigo n’amadini bitandukanye bafatanya mu bikorwa bitandukanye by’igorora byose bigamije kurushaho kunoza imibereho myiza y’umugororwa. Aha hazamo n’ivugabutumwa kuko rifasha mu isanamitima kuri aba bantu bari mu magorero atandukanye.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.