Ibi birori byitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano, inzego z’ibanze, abafatanyabikorwa ba RCS barimo Rwanda Bridge to Justice, abihayimana ndetse n’abandi bafasha muri gahunda zo kugorora.
Abana bagororerwa muri iri gororero bashimiye ubuyobozi bw’Igihugu kubera uruhare budahwema kugira mu kurengera uburenganzira bwabo, cyane cyane uburenganzira bwo kwiga no guhabwa ibikenewe byose bibafasha kugororoka no kubaka ejo hazaza habo.
Senior Superintendent Damien Iyamuremye, ni we wari umushyitsi mukuru muri ibyo birori waje ahagarariye Komiseri Mukuru wa RCS. Mu ijambo rye, yagarutse ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Ndera Neza, Nkure Nemyeye”, asobanura ko iyi nsanganyamatsiko ibumbatiye ubutumwa bukangurira buri wese kugira uruhare mu kurinda no kurera abana mu buryo buboneye, buzira ihohoterwa.
Me Joelle Kabagambe wari uhagarariye Rwanda Bridges to Justice, mu Izina ry’abafatanyabikorwa ba RCS, yashimangiye ubufatanye bwabo na RCS mu kwita ku bana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare, anatangaza ko bazakomeza kubaba hafi mu rugendo rwo kubagorora. Muri uwo mujyo, banatanze impano zirimo imipira yo gukinisha mu rwego rwo gufasha abana kuruhuka no kwidagadura.
Abana bahawe impano y’imipira yo gukinisha mu rwego rwo kubafasha kuruhuka no kwidagadura.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.