Ibi birori byitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano, inzego z’ibanze, abafatanyabikorwa ba RCS barimo Rwanda Bridge to Justice, abihayimana ndetse n’abandi bafasha muri gahunda zo kugorora.
Abana bagororerwa muri iri gororero bashimiye ubuyobozi bw’Igihugu kubera uruhare budahwema kugira mu kurengera uburenganzira bwabo, cyane cyane uburenganzira bwo kwiga no guhabwa ibikenewe byose bibafasha kugororoka no kubaka ejo hazaza habo.
Senior Superintendent Damien Iyamuremye, ni we wari umushyitsi mukuru muri ibyo birori waje ahagarariye Komiseri Mukuru wa RCS. Mu ijambo rye, yagarutse ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Ndera Neza, Nkure Nemyeye”, asobanura ko iyi nsanganyamatsiko ibumbatiye ubutumwa bukangurira buri wese kugira uruhare mu kurinda no kurera abana mu buryo buboneye, buzira ihohoterwa.
Me Joelle Kabagambe wari uhagarariye Rwanda Bridges to Justice, mu Izina ry’abafatanyabikorwa ba RCS, yashimangiye ubufatanye bwabo na RCS mu kwita ku bana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare, anatangaza ko bazakomeza kubaba hafi mu rugendo rwo kubagorora. Muri uwo mujyo, banatanze impano zirimo imipira yo gukinisha mu rwego rwo gufasha abana kuruhuka no kwidagadura.
Abana bahawe impano y’imipira yo gukinisha mu rwego rwo kubafasha kuruhuka no kwidagadura.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.