Ibi birori byitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano, inzego z’ibanze, abafatanyabikorwa ba RCS barimo Rwanda Bridge to Justice, abihayimana ndetse n’abandi bafasha muri gahunda zo kugorora.
Abana bagororerwa muri iri gororero bashimiye ubuyobozi bw’Igihugu kubera uruhare budahwema kugira mu kurengera uburenganzira bwabo, cyane cyane uburenganzira bwo kwiga no guhabwa ibikenewe byose bibafasha kugororoka no kubaka ejo hazaza habo.
Senior Superintendent Damien Iyamuremye, ni we wari umushyitsi mukuru muri ibyo birori waje ahagarariye Komiseri Mukuru wa RCS. Mu ijambo rye, yagarutse ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Ndera Neza, Nkure Nemyeye”, asobanura ko iyi nsanganyamatsiko ibumbatiye ubutumwa bukangurira buri wese kugira uruhare mu kurinda no kurera abana mu buryo buboneye, buzira ihohoterwa.
Me Joelle Kabagambe wari uhagarariye Rwanda Bridges to Justice, mu Izina ry’abafatanyabikorwa ba RCS, yashimangiye ubufatanye bwabo na RCS mu kwita ku bana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare, anatangaza ko bazakomeza kubaba hafi mu rugendo rwo kubagorora. Muri uwo mujyo, banatanze impano zirimo imipira yo gukinisha mu rwego rwo gufasha abana kuruhuka no kwidagadura.
Abana bahawe impano y’imipira yo gukinisha mu rwego rwo kubafasha kuruhuka no kwidagadura.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.