Ibi birori byitabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano, inzego z’ibanze, abafatanyabikorwa ba RCS barimo Rwanda Bridge to Justice, abihayimana ndetse n’abandi bafasha muri gahunda zo kugorora.
Abana bagororerwa muri iri gororero bashimiye ubuyobozi bw’Igihugu kubera uruhare budahwema kugira mu kurengera uburenganzira bwabo, cyane cyane uburenganzira bwo kwiga no guhabwa ibikenewe byose bibafasha kugororoka no kubaka ejo hazaza habo.
Senior Superintendent Damien Iyamuremye, ni we wari umushyitsi mukuru muri ibyo birori waje ahagarariye Komiseri Mukuru wa RCS. Mu ijambo rye, yagarutse ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Ndera Neza, Nkure Nemyeye”, asobanura ko iyi nsanganyamatsiko ibumbatiye ubutumwa bukangurira buri wese kugira uruhare mu kurinda no kurera abana mu buryo buboneye, buzira ihohoterwa.
Me Joelle Kabagambe wari uhagarariye Rwanda Bridges to Justice, mu Izina ry’abafatanyabikorwa ba RCS, yashimangiye ubufatanye bwabo na RCS mu kwita ku bana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare, anatangaza ko bazakomeza kubaba hafi mu rugendo rwo kubagorora. Muri uwo mujyo, banatanze impano zirimo imipira yo gukinisha mu rwego rwo gufasha abana kuruhuka no kwidagadura.
Abana bahawe impano y’imipira yo gukinisha mu rwego rwo kubafasha kuruhuka no kwidagadura.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.