Aba bana batangiye ibizamini, harimo abahungu 16 ndetse n’umukobwa umwe. Bose uko ari 17 bari gukorana n’abandi bana ku Rwunge rw’amashuri rwa Nyagatare (GS Nyagatare).
Ishuri ry’Igororero ry’abana rya Nyagatare ryigisha rigendeye na ryo ku nteganyanyigisho isanzwe ya Leta. Bityo bituma umwana uje kugororwa akomeza amasomo ye kandi nk’uko buri mwaka bigaragara batsinda ku rwego rushimishije.
Mu ishuri ry’Igororero ry’abana rya Nyagatare harimo icyiciro cy’amashuri abanza (Primary school) ndetse n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (O’Level).
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora muri gahunda yarwo yo kugorora rwashyize imbere uburezi aho abagororwa bose mu byiciro barimo bigishwa kandi ku buntu. Ibi bikaba kimwe mu bifasha umugororwa kuzasubira mu muryango afite icyo azimarira kandi bikanamurinda kongera kwijandika mu byaha.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.