Abanyeshuri bane (4) biga mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye (S6) muri iri Gororero rya Nyagatare ni bo bitabiriye ibizamini, hakiyongeraho undi umwe waje gukora ibizamini nyuma yo kurekurwa amaze kwiyandikisha mu gihe yari ari kuhagororerwa, ubu akaba yari ari gukomereza amasomo ye hanze y’Igororero ku kindi kigo cy’amashuri.
Ku rundi ruhande, mu banyeshuri icumi (10) bo mu cyiciro rusange (S3) bari gukora ibizamini, umunani (8) muri bo baracyari mu Igororero, mu gihe babiri (2) barangije ibihano bari barakatiwe n’inkiko bakarekuwa, na bo bakaba bacumbikiwe hafi y’Igororero kugira ngo babashe gukora ibizamini bya Leta nta nkomyi.
Ibi bikorwa bigaragaza umuhate RCS ifite mu gukomeza kunoza gahunda z’igorora zituma uwari umugororwa abasha kwisanga mu buzima busanzwe nyuma yo kurangiza igihano. Ni gahunda iba igamije kumufasha kugira ejo hazaza heza, yitwara neza kandi yifitiye icyizere, binyuze mu burezi n’uburere buboneye ahabwa mu gihe cy’igorora.
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
This website uses cookies.