Abanyeshuri bane (4) biga mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye (S6) muri iri Gororero rya Nyagatare ni bo bitabiriye ibizamini, hakiyongeraho undi umwe waje gukora ibizamini nyuma yo kurekurwa amaze kwiyandikisha mu gihe yari ari kuhagororerwa, ubu akaba yari ari gukomereza amasomo ye hanze y’Igororero ku kindi kigo cy’amashuri.
Ku rundi ruhande, mu banyeshuri icumi (10) bo mu cyiciro rusange (S3) bari gukora ibizamini, umunani (8) muri bo baracyari mu Igororero, mu gihe babiri (2) barangije ibihano bari barakatiwe n’inkiko bakarekuwa, na bo bakaba bacumbikiwe hafi y’Igororero kugira ngo babashe gukora ibizamini bya Leta nta nkomyi.
Ibi bikorwa bigaragaza umuhate RCS ifite mu gukomeza kunoza gahunda z’igorora zituma uwari umugororwa abasha kwisanga mu buzima busanzwe nyuma yo kurangiza igihano. Ni gahunda iba igamije kumufasha kugira ejo hazaza heza, yitwara neza kandi yifitiye icyizere, binyuze mu burezi n’uburere buboneye ahabwa mu gihe cy’igorora.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.