Abanyeshuri bane (4) biga mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye (S6) muri iri Gororero rya Nyagatare ni bo bitabiriye ibizamini, hakiyongeraho undi umwe waje gukora ibizamini nyuma yo kurekurwa amaze kwiyandikisha mu gihe yari ari kuhagororerwa, ubu akaba yari ari gukomereza amasomo ye hanze y’Igororero ku kindi kigo cy’amashuri.
Ku rundi ruhande, mu banyeshuri icumi (10) bo mu cyiciro rusange (S3) bari gukora ibizamini, umunani (8) muri bo baracyari mu Igororero, mu gihe babiri (2) barangije ibihano bari barakatiwe n’inkiko bakarekuwa, na bo bakaba bacumbikiwe hafi y’Igororero kugira ngo babashe gukora ibizamini bya Leta nta nkomyi.
Ibi bikorwa bigaragaza umuhate RCS ifite mu gukomeza kunoza gahunda z’igorora zituma uwari umugororwa abasha kwisanga mu buzima busanzwe nyuma yo kurangiza igihano. Ni gahunda iba igamije kumufasha kugira ejo hazaza heza, yitwara neza kandi yifitiye icyizere, binyuze mu burezi n’uburere buboneye ahabwa mu gihe cy’igorora.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.