Abagororwa 49 nibo basoje amasomo yabo kuri iyi nshuro aho muri rusange abamaze kurangiza muri ibi byiciro byose bamaze kuba 294 bose bakaba baba barageze mu igororero batarigeze bakandagira mu ishuri.
Bwana Niyonsenga Vincent wari Umushyitsi Mukuru muri uyu muhango yari kumwe n’ushinzwe uburezi mukarere Bwana Niyibizi Pascal. Umushyitsi Mukuru mu ijambo rye yashimiye Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) kubikorwa bigamije imibereho myiza y’ abagororwa bifasha mu iterambere ry’ igihugu. Yaboneyeho gushishikariza abagororwa kubyitabira ku bwinshi bakabyaza umusaruro ayo mahirwe bahabwa.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora muri gahunda zarwo zo kugorora, rwashyize imbere uburezi mu masomo atandukanye ashobora kugirira umumaro umugororwa wese uyize mu gihe arangije ibihano bye. Aya masomo yo gusoma no kwandika yashyizwemo imbaraga kandi nyuma yo kubona ko hari abantu bakora ibyaha bitewe n’ubujiji no kutamenya gusoma no kwandika.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.