Abagororwa 49 nibo basoje amasomo yabo kuri iyi nshuro aho muri rusange abamaze kurangiza muri ibi byiciro byose bamaze kuba 294 bose bakaba baba barageze mu igororero batarigeze bakandagira mu ishuri.
Bwana Niyonsenga Vincent wari Umushyitsi Mukuru muri uyu muhango yari kumwe n’ushinzwe uburezi mukarere Bwana Niyibizi Pascal. Umushyitsi Mukuru mu ijambo rye yashimiye Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) kubikorwa bigamije imibereho myiza y’ abagororwa bifasha mu iterambere ry’ igihugu. Yaboneyeho gushishikariza abagororwa kubyitabira ku bwinshi bakabyaza umusaruro ayo mahirwe bahabwa.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora muri gahunda zarwo zo kugorora, rwashyize imbere uburezi mu masomo atandukanye ashobora kugirira umumaro umugororwa wese uyize mu gihe arangije ibihano bye. Aya masomo yo gusoma no kwandika yashyizwemo imbaraga kandi nyuma yo kubona ko hari abantu bakora ibyaha bitewe n’ubujiji no kutamenya gusoma no kwandika.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.