Abagororwa 49 nibo basoje amasomo yabo kuri iyi nshuro aho muri rusange abamaze kurangiza muri ibi byiciro byose bamaze kuba 294 bose bakaba baba barageze mu igororero batarigeze bakandagira mu ishuri.
Bwana Niyonsenga Vincent wari Umushyitsi Mukuru muri uyu muhango yari kumwe n’ushinzwe uburezi mukarere Bwana Niyibizi Pascal. Umushyitsi Mukuru mu ijambo rye yashimiye Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) kubikorwa bigamije imibereho myiza y’ abagororwa bifasha mu iterambere ry’ igihugu. Yaboneyeho gushishikariza abagororwa kubyitabira ku bwinshi bakabyaza umusaruro ayo mahirwe bahabwa.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora muri gahunda zarwo zo kugorora, rwashyize imbere uburezi mu masomo atandukanye ashobora kugirira umumaro umugororwa wese uyize mu gihe arangije ibihano bye. Aya masomo yo gusoma no kwandika yashyizwemo imbaraga kandi nyuma yo kubona ko hari abantu bakora ibyaha bitewe n’ubujiji no kutamenya gusoma no kwandika.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.