Iki gikorwa cyabereye mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, aho Mukashema Dancile, umufasha wa nyakwigendera Semuhungu Jean Bosco wazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 wahoze ayobora Gereza ya Kibuye, yashimiwe by’umwihariko kuba ataraheranywe n’agahinda nyuma y’urupfu rw’umugabo.
Umuyobozi w’Ishuri rya RCS riherereye i Rwamagana mu izina ry’Ubuyobozi bukuru bwa RCS, yavuze ko iki gikorwa cyateguwe mu rwego rwo kwifatanya na Mukashema Dancile, hagamijwe gushimangira ubuvandimwe, guharanira ubudaheranwa n’ihumure ku barokotse Jenoside.
Murekatete Juliet, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Wungirije ushinzwe imibereho myiza, yashimye RCS kuri iki gikorwa cy’indashyikirwa cyo kuremera uwacitse ku icumu. Yijeje ko ubuyobozi bw’Akarere buzakomeza gukurikirana uko iyo nka yitabwaho, kugira ngo izagirire nyirayo akamaro.
Mukashema Dancile yashimye igikorwa cy’indashyikirwa yakorewe, yizeza ko azabimenyesha umuryango wa nyakwigendera Semuhungu Jean Bosco ko atari wenyine, kuko RCS yakomeje kumubera umuryango.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.