Categories: Amakuru ya RCS

RCS yageneye inka uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Iki gikorwa cyabereye mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, aho Mukashema Dancile, umufasha wa nyakwigendera Semuhungu Jean Bosco wazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 wahoze ayobora Gereza ya Kibuye, yashimiwe by’umwihariko kuba ataraheranywe n’agahinda nyuma y’urupfu rw’umugabo.

Umuyobozi w’Ishuri rya RCS riherereye i Rwamagana mu izina ry’Ubuyobozi bukuru bwa RCS, yavuze ko iki gikorwa cyateguwe mu rwego rwo kwifatanya na Mukashema Dancile, hagamijwe gushimangira ubuvandimwe, guharanira ubudaheranwa n’ihumure ku barokotse Jenoside.

Murekatete Juliet, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Wungirije ushinzwe imibereho myiza, yashimye RCS kuri iki gikorwa cy’indashyikirwa cyo kuremera uwacitse ku icumu. Yijeje ko ubuyobozi bw’Akarere buzakomeza gukurikirana uko iyo nka yitabwaho, kugira ngo izagirire nyirayo akamaro.

Mukashema Dancile yashimye igikorwa cy’indashyikirwa yakorewe, yizeza ko azabimenyesha umuryango wa nyakwigendera Semuhungu Jean Bosco ko atari wenyine, kuko RCS yakomeje kumubera umuryango.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.