Iki gikorwa cyabereye mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, aho Mukashema Dancile, umufasha wa nyakwigendera Semuhungu Jean Bosco wazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 wahoze ayobora Gereza ya Kibuye, yashimiwe by’umwihariko kuba ataraheranywe n’agahinda nyuma y’urupfu rw’umugabo.
Umuyobozi w’Ishuri rya RCS riherereye i Rwamagana mu izina ry’Ubuyobozi bukuru bwa RCS, yavuze ko iki gikorwa cyateguwe mu rwego rwo kwifatanya na Mukashema Dancile, hagamijwe gushimangira ubuvandimwe, guharanira ubudaheranwa n’ihumure ku barokotse Jenoside.
Murekatete Juliet, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Wungirije ushinzwe imibereho myiza, yashimye RCS kuri iki gikorwa cy’indashyikirwa cyo kuremera uwacitse ku icumu. Yijeje ko ubuyobozi bw’Akarere buzakomeza gukurikirana uko iyo nka yitabwaho, kugira ngo izagirire nyirayo akamaro.
Mukashema Dancile yashimye igikorwa cy’indashyikirwa yakorewe, yizeza ko azabimenyesha umuryango wa nyakwigendera Semuhungu Jean Bosco ko atari wenyine, kuko RCS yakomeje kumubera umuryango.
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.