Categories: Amakuru ya RCS

RCS yageneye inka uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Iki gikorwa cyabereye mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, aho Mukashema Dancile, umufasha wa nyakwigendera Semuhungu Jean Bosco wazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 wahoze ayobora Gereza ya Kibuye, yashimiwe by’umwihariko kuba ataraheranywe n’agahinda nyuma y’urupfu rw’umugabo.

Umuyobozi w’Ishuri rya RCS riherereye i Rwamagana mu izina ry’Ubuyobozi bukuru bwa RCS, yavuze ko iki gikorwa cyateguwe mu rwego rwo kwifatanya na Mukashema Dancile, hagamijwe gushimangira ubuvandimwe, guharanira ubudaheranwa n’ihumure ku barokotse Jenoside.

Murekatete Juliet, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Wungirije ushinzwe imibereho myiza, yashimye RCS kuri iki gikorwa cy’indashyikirwa cyo kuremera uwacitse ku icumu. Yijeje ko ubuyobozi bw’Akarere buzakomeza gukurikirana uko iyo nka yitabwaho, kugira ngo izagirire nyirayo akamaro.

Mukashema Dancile yashimye igikorwa cy’indashyikirwa yakorewe, yizeza ko azabimenyesha umuryango wa nyakwigendera Semuhungu Jean Bosco ko atari wenyine, kuko RCS yakomeje kumubera umuryango.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.