Categories: Amakuru ya RCSSlider

NCHR yatangije uruzinduko rwo kugenzura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu mu magororero yose mu Gihugu

Ibi bikorwa bigamije kugenzura niba abagororwa n’abantu bafunzwe bahabwa uburenganzira bwabo nk’uko biteganywa n’amategeko, kubaganiriza ku byerekeye uburenganzira bwabo ndetse no kumva ibibazo n’ibitekerezo byabo.

Muri uru ruzinduko, Komisiyo yohereje amatsinda atandukanye y’abakozi bayo mu magororero atandukanye aho itsinda riyobowe na Perezida wa Komisiyo Madame Umurungi Providence ryasuye Igororero rya Huye. Andi matsinda yayobowe n’abayobozi batandukanye barimo Komiseri Kawera Marie Sylvie wari uyoboye itsinda ryasuye Igororero rya Nyarugenge. Aho hose, bagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bw’amagororero, ndetse batanga inyigisho ku burenganzira bwa muntu ku bagororwa n’abantu bafunzwe.

Abagororwa bahawe ijambo batanga ibitekerezo n’ibibazo bahura nabyo mu butabera n’imibereho yabo ya buri munsi aho bamwe bahise bafashwa, abandi bizezwa ko ibibazo byabo bizakorerwa ubuvugizi mu nzego zibishinzwe.

 Abakozi ba Komisiyo kandi banasuye ibikorwa remezo bitandukanye birimo aho abagororwa barara, aho bafatira amafunguro, n’ahandi hatandukanye ku Magororero mu rwego rwo kugenzura ubuzima abagororwa babayemo.

Iyi gahunda irakomeje mu magororero ataragerwaho, Komisiyo ikaba izakomeza gusura abagororwa n’abantu bafunzwe mu Magororero yose mu Gihugu igamije guteza imbere uburenganzira bwa muntu no gukomeza kwimakaza ubutabera bwubakiye ku burenganzira n’icyubahiro by’umuntu wese, n’iyo yaba afunzwe.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.