Ibi bikorwa bigamije kugenzura niba abagororwa n’abantu bafunzwe bahabwa uburenganzira bwabo nk’uko biteganywa n’amategeko, kubaganiriza ku byerekeye uburenganzira bwabo ndetse no kumva ibibazo n’ibitekerezo byabo.
Muri uru ruzinduko, Komisiyo yohereje amatsinda atandukanye y’abakozi bayo mu magororero atandukanye aho itsinda riyobowe na Perezida wa Komisiyo Madame Umurungi Providence ryasuye Igororero rya Huye. Andi matsinda yayobowe n’abayobozi batandukanye barimo Komiseri Kawera Marie Sylvie wari uyoboye itsinda ryasuye Igororero rya Nyarugenge. Aho hose, bagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bw’amagororero, ndetse batanga inyigisho ku burenganzira bwa muntu ku bagororwa n’abantu bafunzwe.
Abagororwa bahawe ijambo batanga ibitekerezo n’ibibazo bahura nabyo mu butabera n’imibereho yabo ya buri munsi aho bamwe bahise bafashwa, abandi bizezwa ko ibibazo byabo bizakorerwa ubuvugizi mu nzego zibishinzwe.
Abakozi ba Komisiyo kandi banasuye ibikorwa remezo bitandukanye birimo aho abagororwa barara, aho bafatira amafunguro, n’ahandi hatandukanye ku Magororero mu rwego rwo kugenzura ubuzima abagororwa babayemo.
Iyi gahunda irakomeje mu magororero ataragerwaho, Komisiyo ikaba izakomeza gusura abagororwa n’abantu bafunzwe mu Magororero yose mu Gihugu igamije guteza imbere uburenganzira bwa muntu no gukomeza kwimakaza ubutabera bwubakiye ku burenganzira n’icyubahiro by’umuntu wese, n’iyo yaba afunzwe.
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.