Categories: Amakuru ya RCSSlider

RCS yibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994

Mu Rwanda no mu mahanga taliki 07 Mata buri mwaka ni igihe cyahariwe gutangiza igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, aho icyo gikorwa kimara iminsi ijana (100 ) mu rwego kubunamira no kubasubiza agaciro bambuwe bakicwa urupfu rw’agashinyaguro bazira uko baremwe kubera ivangura bazaniwe n’abazungu rikababibamo amacakuri yagejeje u Rwanda n’abanyarwanda kuri Jenoside.

Mu magororero yose ari mu gihugu, igihe cyo kwibuba abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 naho baha agaciro icyo gikorwa kuko mu bari muri ayo magororero haba harimo abayirokotse, hakabamo n’abayigizemo uruhare ndetse n’urubyiruko rwavutse nyuma yayo.

Uru rubyiruko ruri mu magororero narwo rukeneye kumenya amateka yaranze u Rwanda n’abanyarwanda kugirango bayakuremo inyigisho ndetse n’inkomezi bizabafasha kumenya uko bakwirinda icyatuma hongera kubaho amateka nkayo maze bakazanayasangiza abazabakomokaho.

Intego yo kwibuka ni ukugira ngo amateka mabi yaranze u Rwanda n’abanyarwanda atazibagirana, ari nayo mpamvu intego nyamukuru ari ukwibuka twiyubaka twirinda ikintu cyose cyakongera gusenya ubumwe bw’abanyarwanda.

Abagororwa bo mu Igororero rya Nyamagabe bibutse ku Nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Mu magororero harimo ingeri zose, urubyiruko, abantu bakuze bamwe banabaye muri ibyo bihe bya Jenoside.
Aha ni mu Igororero rya Nyanza mu gikorwa cyo kwibuka Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31.
Mu Igororero rya Ngoma nabo bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku ishuri rya RCS i Rwamagana nabo bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.