Aba bashyitsi basobanuriwe amateka yaranze u Rwanda mbere na nyuma y’ubukoroni aho beretswe uburyo mbere y’ubukoroni Abanyarwanda bari bunze ubumwe nta vangura. Nyuma aho abakoroni binjiriye mu gihugu bagasenya ubwo bumwe bwabo batangira kubacamo ibice bishingiye ku moko, bigisha ubwoko bumwe kwanga ubundi babereka ko batari bamwe.
Basobanuriwe byinshi byanaranze ibihe bya gikoroni aho byagize ingaruka no mumitegekere ya za Repubulika ya mbere ya Perezida Kayibanda Gergoire n’iya kabiri ya Perezida Habyarimana Juvenal, aho zombi zashyize mubikorwa umugambi wateguwe n’abakoroni w’ivangura no gutegura Jenoside.
Izi Repubulika zombi zimakaje iryo rondakoko zigakandamiza bikomeye ubwoko bw’abatutsi birangira zinashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 aho abasaga Miliyoni y’abatutsi bishwe mu gihe kitarenze iminsi ijana yonyine ikaza guhagarikwa n’abasirikare ba RPA.
Aba bashyitsi bashenguwe bikomeye n’ibyabaye mu Rwanda, bunamira abashyinguye muri uru rwibutso ndetse banashyira indabo ku mva zishyinguyemo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Uru ruzinduko ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, ruje habura iminsi itatu gusa ngo isi yose yifatanye n’u Rwanda kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Abashyitsi basobanuriwe amateka mabi yaranze u Rwanda yanarugejeje kuri Jenoside yokorewe Abatutsi 1994.
Abashyitsi bunamiye banashyira indabo ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.