Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri w’Amagereza muri Seychelles, yanejejwe n’uburyo abagororerwa mu Igororero ry’abagore rya Ngoma bitabwaho

Muri urwo ruzinduko yaherekejwemo na Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, DCG Rose Muhisoni, yasobanuriwe uburyo abagore bagororwamo bigishwa imyuga itandukanye izabafasha kwibeshaho no kwiteza imbere basubiye mu buzima busanzwe, aho yaretswe imwe muri iyo myuga harimo ubwubatsi, ubudozi, ubugeni bw’ibikoresho bitandukanye bikenerwa n’abantu benshi, basura abiga gusoma no kwandika bakuze baba bataragize amahirwe yo kwiga bari hanze abasaba gushyiramo ingufu kuko bizabagirira akamaro.

Yasuye Irerero ry’abana babana n’ababyeyi babo mu Igororero batarageza imyaka itatu, basobanurirwa uburyo abo bana bakurikiranwa bakitabwaho nk’abandi bana bari hanze y’Igororero, bahabwa uburere n’inyigisho ziri ku rwego rwabo, yishimira uko abana baba banezerewe muri iryo gororero kuko ibigenerwa abana bari mu Irerero byose babibona, aho yatemberejwe igikoni gitunganirizwamo amafuguro yabo, areba aho baruhukira, ibikinisho by’abana n’aho barira, agaburira n’abo bana amatwi.

Mu Ijambo rya Komiseri w’amagereza muri Seychelles CP Janet Georges, yasabye abagore bo mu Igororero rya Ngoma gushyira ingufu mu myuga biga kuko ari amahirwe bagize.

Yagize ati ” Ndabasaba kubyaza umusaruro amahirwe mwagize yo kwiga muri mu Igororero, kuba warakoze icyaha ugafungwa ukabona amahirwe yo kwiga aho gukora ibihano ni umwihariko ku Rwanda ndabasaba gushyirmo igufu kuko ibyo muzigira hano bizabagirira umumaro mukiteza imbere ndetse mugateza imbere Igihugu n’imiryango yanyu.”

Uruzinduko rwa Komiseri w’Amagereza muri Seychelles rugambiriye imikoranire aho mu mwaka washize basuye u Rwanda bakanezezwa nuko serivise zo kugorora zikorwa bategura uwakoze icyaha kuzasoza ibihano hari icyo yakwimarira kubera ubumenyi yahawe ari kugororwa.

CP Janet Georges, Komiseri w’amagereza muri Seychelles, yagaburiye abana biga mu Irerero ry’Igororero rya Ngoma amata.
Yatemberejwe ibice bitandukanye harimo n’ahigirwa imyiga n’ubumenyingiro anezezwa n’uburyo mu Rwanda bagorora.
CP Janet, aganira n’umwana urererwa mu Irerero ry’abana rya Ngoma ubona ko byamunejeje.
CP Janet n’itsinda barikumwe bari baherekejwe na Komiseri Mukuru wungirije wa RCS, DCG Rose Muhisoni.
Bishimiye imbyinonyarwanda bacinya akadiho n’abagororwa bagororerwa mu Igororero rya Ngoma.
Beretswe ibikoresho bitandukanye birimo iby’ubugeni n’ubukorikori bikenerwa n’abantu benshi.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.