Categories: Amakuru ya RCSSlider

Itorero ADEPER ryakoreye igiterane cy’ivugabutumwa mu Igororero rya Musanze

Muri iki giterane cyari cyitabiriwe na Réverend Pasteur SAFARI Wilson, umushumba w’ururembo rwa Muhoza habereyemo imihango itandukanye, aho abagororwa 33 babatijwe, 7 barakirwa ndetse n’abandi 4 barasengerwa.

Iki giterane cyari cyanitabiriwe na Rev.Pasteur UWAMBAJE Emmanuel waje ayoboye korali Impuhwe ndetse na Rev.Pasiteri BIZIMANA KAZUNGU Charles, Aumonier wa ADEPR ku lgororero rya Musanze.

Munyigisho zatanzwe bakanguriye abagorwa n’abantu bafunze kuba abizerwa beza barangwa n’ibikorwa byiza bizira ibyaha. Basabwe kandi kwitwara neza mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Genocide yakorewe abatutsi muri 1994.

Ijambo ry’Imana ryahawe aba bagororwa ryari rigamije kubakangurira kwera imbuto nziza bikanagaragariza umuryango nyarwanda ko bihannye kandi ko bagororotse.

Korali Impuhwe yari yaje ivuye mukarere ka Rubavu yazaniye abagororwa inkunga y’ibikoresho by’isuku n’imyenda byose bifite agaciro ka 1,953,000 Frws.

Amadini n’amatorero asanzwe akorana n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora mu bikorwa bitandukanye bijyane no kugorora binyuze mu nyigisho z’Ijambo ry’Imana ndetse n’ibindi bikorwa bitandukanye birimo n’inkunga zitandukanye zigenerwa abagororwa.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.