Categories: Amakuru ya RCSSlider

RCS n’urwego rw’amagereza muri Seychelles, basinyanye amasezerano y’Imikoranire

Ni Igikorwa cyabereye mu cyumba cy’inama ku cyicaro gikuru cy’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, aho abayobozi bombi aribo Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CG Evariste Murenzi na Mugenzi we CP Janet Georges Komiseri w’amagereza mu gihugu cya Seychelles bashyize umukono ku masezerano y’imikoranire hagati y’inzego zombi mu gusangira ubumenyi hagati y’abakozi ndetse n’ubushakashatsi mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano mu kazi ka buri munsi.

Mu Ijambo rya Komiseri w’Amagereza muri Seychelles CP Janet Georges, yavuze ko aya masezerano yakomotse ku masezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi ku mikoranire mu nzego zitandukanye.

Yagize ati ”Mu ruzinduko Perezida w’U Rwanda Paul Kagame aheruka kugirira muri Seychelles, hari amasezerano y’imikoranire atandukanye ibihugu byombi byagiranye mu nzego zitandukanye. Umwaka washize natwe nk’abashinzwe amagereza twasuye u Rwanda dusanga bakora neza; dusubiye iwacu tubona dukwiriye kugirana amasezerano mu kuduha amahugurwa muri gahunda zitandukanye zo kugorora kuko bari ku rwego rwiza. Dusanzwe dufite ikibazo cy’abakozi bake ni yo mpamvu twifuza ko twakorana nk’uko twari dusanzwe dukorana na Tanzaniya, kandi twizeye ko tuzagirana imikoranire myiza.”

Aya masezerano yasinywe hagati y’inzego zombi agamije imikoranire, harimo gusangira ubumenyi binyuze mu mahugurwa no gufasha urwego rw’amagereza mu Gihugu cya Seychelles kikava mu buryo gikoresha bwo gufunga kigatangira uburyo bwo kugorora.

Ubwo Komiseri w’Amagereza muri Seychelles yakirwaga muburyo bw’icyubahiro n’itsinda ribishinzwe ku cyicaro gikuru cya RCS.
Umuyobozi w’Amagereza muri Seychelles CP Janet Georges ubwo yusuraga itsinda ryamwakiriye ku cyicaro cya RCS.
Aba ni abagize itsinda ryazanye na Komiseri w’Amagereza muri Seychelles basuye RCS.
Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye bakora muri serivisi zitandukanye ku cyicaro cya RCS.
Ubwo abayobozi basinyaga amasezerano y’imikoranire hagati y’inzego zombi.
CG Evariste Murenzi Komiseri Mukuru wa RCS na CP Janet Georges, komiseri w’amagereza muri Seychelles bahererekana amasezerano bari bamaze gusinya.
Nyuma y’igikorwa cyo gusinya amasezerano abacyitabiriye bafashe ifoto y’urwibutso.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.